ingamba ku buringanire - undp...ya gatanu). izo mbaraga zose zashyizwe hamwe zabyaye umusaruro...
TRANSCRIPT
-
1
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
Ingamba ku buringanire
n’ubwuzuzanye: UNDP/PNUD
Rwanda (2019-2022)
© Alice Kayibanda
-
2
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
Incamake
Ikivugwaho
Nta muntu wakwihandagaza ngo atange igisobanuro kimwe ku magambo “uburinganire n’ubwuzuzanye” no “kongerera abagore ubushobozi”. Ibisobanuro by’ayo magambo ndetse n’icyo yerekana mu buryo nyakuri bishobora guhindagurika bitewe n’ururimi rwakoreshejwe, umuco wa buri gihugu ndetse n’ibihe abantu baba barimo.
Ingamba zivugwa muri iyi nyandiko ni umurongo PNUD Rwanda yafashe ku bijyanye n’uburinganire n’ubwuzuzanye no kongerera abagore ubushobozi. Ku bufatanye na Leta, abafatanyabikorwa mu gihugu, imiryanyo nyarwanda n’indi miryango mpuzamahanga ndetse n’abandi bantu batandukanye, Ubuyobozi bwa PNUD mu Rwanda bwiyemeje gukomeza gukora ibishoboka byose hagamijwe kugera ku ntego zibereye abagore n’abagabo b’Abanyarwanda.
Intego
Intego ya PNUD mu Rwanda itangirira ku kwemera ko abantu bose bareshya. Ibiro bya PNUD mu Rwanda byiyemeje gukomeza gushyiraho no gushyira mu bikorwa politiki na gahunda zafasha mu iterambere ry’Abanyarwanda bose harebwa neza kurushaho ko nta n’umwe watereranywe agasigara inyuma.
Kubera iyo mpamvu, Ubuyobozi bwa PNUD mu Rwanda buzihatira kureba ko mu mishinga yose yayo igamije iterambere ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ryubahirijwe neza ku buryo ibibazo byihariye by’abari n’abategarugori, iby’abana b’abahungu n’abagabo byitabwaho neza kandi byasubijwe.
Imiterere y’iyi nyandiko Uburyo bwakoreshejwe mu kwandika iyi Raporo.
Iyi raporo ifite ibice bitandatu by’ingenzi. Igice cya mbere kivuga ku birebana n’uko igihugu cy’u Rwanda ndetse n’ishami rya PNUD mu Rwanda bihagaze mu bijyanye n’iterambere ry’abagore no kubongerera ubushobozi. Igice cya kabiri gikubiyemo intego enye zagaragaye ko zigomba kwibandwaho mu gushimangira ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye no kongerera abagore ubushobozi. Muri iki gice hasobanurwa n’imbogamizi zishobora kubangamira ishyirwa mu bikorwa ry’izo ntego ndetse n’ingamba zafasha twa kugabanya ubukana bw’ mu guhangana n’izo mbogamizi. Kuva ku gice cya gatatu kugeza ku cya gatandatu hasobanurwa neza buri ntego hakerekanwa n’ibyibanze tunerekana ibigomba gukorwa ku ikubitiro ndetse n’uburyo bigomba gukorwamo kugira ngo izo ntego zizagerweho neza.
Ibyifuzo
Iyi nyandiko ku ngamba zigomba gufatwa ikubiyemo ibyifuzo bikurikira:
1. Guharanira ko ubuyobozi bukuru bwa PNUD bumenya neza kandi bukiyemeza gushyira mu bikorwa izo ntego ndetse no gutuma izo ngamba zimenyekana mu bakozi bose ba PNUD mu gihugu, ari nako hashyirwaho uburyo bw’ikurikiranabikorwa mu rwego rwo guteza imbere ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu bikorwa bya buri munsi by’abakozi kimwe no muri gahunda zose za PNUD.
-
3
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
2. Kwifashisha ibiro bishinzwe isakazamakuru kugira ngo ibirebana n’izi ngamba bimenyekane, harimo no gutangaza izo ngamba ku rubuga rwa murandasi rwa PNUD Rwanda.
3. Gushyira iyi nyandiko y’izi ngamba mu Kinyarwanda no mu Gifaransa kugira ngo yifashishwe n’abakozi bose ndetse n’abandi baturarwanda babyifuza.
4. Gusaba abayobozi bose b’amashami gutegura inama, bakazigirana n’abakozi babo mu gihe kitarenze ukwezi iyi nyandiko isohotse kugira ngo baganire ku bintu bikurikira: (i) Uburyo intego zikubiyemo zakwinjizwa mu bikorwa byabo, (ii) uburyo hari imbogamizi zishobora kubangamira akazi bakora ndetse no (iii) ku buryo bahuza inshingano zabo n’ibikubiye muri izi ngamba bifite aho bihuriye n’imirimo yabo.
5. Gusuzuma buri mwaka harebwa aho buri shami rigeze rishyira izo ntego muri gahunda n’ibikorwa byaryo bya buri munsi. Kuganira ku habonetse imbaraga ibintu bikagenda neza, ahagaragaye intege nke ari nako harebwa icyakorwa ngo birusheho kujya mbere.
-
4
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
ISHAKIRO
Incamake ........................................................................................................................................................ 2
Ijambo ry’ibanze ............................................................................................................................................ 6
I. Intangiriro ................................................................................................................................................... 8
Uko ibintu bihagaze mu gihugu ................................................................................................................. 9
Uko byifashe mu biro bya PNUD mu Rwanda ......................................................................................... 12
II. Ingamba zafashwe ................................................................................................................................... 13
Intego z’uburinganire............................................................................................................................... 13
Imbogamizi n’ingamba zafashwe ............................................................................................................ 14
III. Intego ya 1: Gushyira uburinganire hagati y’abagore n’abagabo muri gahunda zose ........................... 16
Ingamba ................................................................................................................................................... 18
IV. Intego ya 2: Imbogamizi zituruka ku miterere y’inzego ........................................................................ 18
Ingamba ................................................................................................................................................... 20
V. Intego ya 3: Ibibazo bihuriweho .............................................................................................................. 21
Ingamba ................................................................................................................................................... 22
VI. Intego ya 4: abahungu n’abagabo .......................................................................................................... 23
Ingamba ................................................................................................................................................... 25
VII. Umwanzuro ........................................................................................................................................... 25
Ibisobanuro by’amagambo .......................................................................................................................... 26
Umugereka A ............................................................................................................................................... 28
Byandiswe na: Zara Raquel Albert, Impuguke yo mu rwego rwo hejuru Bisomwa kandi byemezwa na: Stephen Rodriques, Uhagarariye PNUD mu Rwanda Amafoto yafashwe na: Alice Kayibanda, Umukozi mu biro by’uhagarariye PNUD mu Rwanda Uburenganzira ku mwimerere w’iyi nyandiko: © ukuboza 2018 Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere PNUD
-
5
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
Ibiro byo mu Rwanda 4 KN 67 St, Kigali, Rwanda
-
6
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
Ijambo ry’ibanze
Basomyi dukunda, Turabashimira ku mwanya wanyu mufashe ngo mumenye neza muduhaye wo kwerekana ko mufite inyota yo kumva neza aho ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku iterambere PNUD rihagaze ku Ngamba zirebana n’Uburinganire n’ubwuzuzanye, no kongerera abagore ubushobozi ni bimwe mu bintu Umuryango w’Abibumbye ushyize imbere mu Rwanda ndetse no ku isi hose. Iyi nyandiko irasobanura uburyo twiyemeje kandi duharanira gukora ibishoboka byose kugira ngo ihame ry’uburinganire ribe ari ryo rishingirwaho ibikorwa byacu byose mu gihugu mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere. Nk’ikipe ishyize hamwe, twemera ko ari uburenganzira bw’ibanze ko buri mugore, buri mugabo, buri mukobwa na buri muhungu afatwa kimwe n’abandi bose agahabwa amahirwe angana n’ayabandi kugira ngo buri wese abashe kwerekana icyo ashoboye ku buryo bwose bushoboka, atange umusanzu mu iterambere ry’aho atuye ndetse no ku gihugu muri rusange. Tuzi neza ko iterambere ry’ igihugu cyangwa ry’akarere aka n’aka ryihuta cyane iyo ubushobozi abagore ndetse n’abagabo bafite babushyize hamwe ku buryo bungana. Ni muri urwo rwego navuga ko nterwa ishema cyane no kuyobora umuryango nka PNUD mu Rwanda wiyemeje kwihatira mu bikorwa byawo bya buri munsi kubahiriza intego y’uburinganire n’ubwuzuzanye ndetse no gufasha abagore kwiyumvamo no gukoresha ubushobozi bafite nk’uko bisobanuye muri iyi nyandiko. Kuva aho duherukira gusohora indi nyandiko nk’iyi mu 2014, ibiro bya PNUD mu Rwanda byateje imbere ihame ry’ubwuzuzanye ndetse byageze kuri byinshi bifatika. Intego eshanu PNUD yari yihaye mu ngamba yari yafashe zafashije ibiro byacu mu Rwanda kumenya kumenya guhitamo ingamba zikwiye kwibandwaho mbere y’ibindi mu birebana n’intego mu kwimakaza uburinganire n’ubwuzuzanye kandi byatumye n’akazi kacu ka buri munsi kanozwa kurushaho. Twashyize imbaraga nyinshi mu kongerera ubushobozi abakozi bacu kugira ngo bamenye kurushaho uko ihame ry’uburinganire ryahabwa umwanya ukomeye mu kazi kabo ka buri munsi (intego ya gatatu). Ibi bikaba byaratumye ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ryararushijeho kugaragara nk’inkingi ya mwamba mu mirimo yacu (Intego ya mbere). Twongereye ubushobozi mu gufasha ko ihame ry’ubwuzuzanye rishimangirwa (intego ya kabiri) kandi twashakishije tunashyira imbaraga ku bufatanye n’abandi bagamije gushyigikira ihame ry’ubwuzuzanye ndetse no kongerera abagore ubushobozi (intego ya kane). Icya nyuma mu byakozwe ni ukuba ibiro bya PNUD mu gihugu byarabashije gushyiraho uburyo bwo gufasha buri wese kuba yabazwa inshingano afite mu ishyirwa mu bikorwa no mu ikurikiranabikorwa rya gahunda zose zirebana n’uburinganire n’ubwuzuzanye (Intego ya gatanu). Izo mbaraga zose zashyizwe hamwe zabyaye umusaruro watumye PNUD ishami ry’u Rwanda iba rimwe mu mashami atandatu ya PNUD yahawe Igihembo cy’Ishimwe cyo ku rwego rwo hejuru kiswe “GOLD Gender Seal Certification”. PNUD yo mu Rwanda ikaba yarakibonye muri 2017. Ushaka kumenya byinshi ku bikorwa byacu nyirizina ku birebana n’uburinganire n’ubwuzuzanye, wabishakira kuri murandasi ku rubuga rwa PNUD Rwanda. Ibyo twagezeho mu rwego rw’uburinganire n’ubwuzuzanye no kongerera abagore ubushobozi tubikesha imbaraga z’uburyo butandukanye. Icya mbere, nta kintu na kimwe cyari gushoboka iyo tuba tudafite abakozi b’indashyikirwa hano mu Rwanda. Abo bakozi babashije kwitanga, bakora batizigama bagamije gutuma abandi bagira ubuzima bwiza. Ntabwo intambwe twateye mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye tuba twarayigezeho iyo abantu ku giti cyabo n’ubwitange bw’abayobozi n’abakozi butaza kubaho. Icya kabiri, turashimira by’umwihariko abafatanyabikorwa bacu baba abo mu gihugu ndetse n’abari hanze yacyo. Muri abo twavugamo inzego za Leta, abaterankunga, indi miryango ya Loni, abikorera, Imiryango ikorera ku nzego z’ibanze, ndetse n’abandi bose twagiye dukorana mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye. U Rwanda ubu ruyoboye isi mu birebana n’ishyirwamubikorwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye; ibyo dukora byose bikaba byarabashije gutanga umusaruro kubera ubushake bwa politiki, ubufatanye na Leta y’u Rwanda, abikorera n’imiryango idaharanira inyungu. Icya gatatu, turashimira cyane Abanyarwanda: ni mwe mwatumye tubasha kumenya igikwiye gukorwa ndetse ni mwe shingiro ryo kubaho kwacu. Mu mikorere yacu ya buri munsi, tuba twizeye ko hari umusanzu tuba turimo dutanga mu gutuma imibereho y’abatuye b’iki gihugu iba myiza kurushaho.
-
7
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
Abakobwa n’abagore batuye iyi si muri iki gihe baravuga bati “Igihe cy’ubusumbane n’ibijyana nabwo byose cyarararangiye”. Twese nka benemuntu, twese hamwe ndetse na buri wese ku giti cye twakagombye kwishyira hamwe tugashyigikira iyo ntero. Mu gusoza, ndifuza kongera gushyigikira ijambo ryavuzwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni aho yavuze ko iki ari cyo gihe ngo dushyigikire ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ndetse no kongerera ubushobozi abagore. PNUD mu Rwanda ifite intego yo kuba ku isonga ry’iyi gahunda.
Stephen Rodriques Uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (PNUD) mu Rwanda
-
8
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
I. Intangiriro
Hashize igihe kinini uburinganire
n’ubwuzuzanye ari uburenganzira bwa
muntu, bukaba n’ingenzi mu iterambere
rirambye.
Guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye
no kongerera abagore n’abakobwa
ubushobozi ni ingenzi mu nshingano za
PNUD kandi ntibishobora gutandukanywa na
gato n’ibikorwa byayo bigamije iterambere.
Uburinganire n’ubwuzuzanye bufatwa nka
kimwe mu bigize intego z’iterambere kandi
nk’uburenganzira. Tugomba kuzirikana
ariko ko ubwuzuzanye bugendana n’ibintu
byinshi mu mibanire y’abantu muri rusange;
bityo ubwo bwuzuzanye bukaba bugomba
gutekerezwaho mu buryo bwagutse.
Amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye
ku burenganzira bwa muntu ashimangira
neza ko hari uburenganzira bwa muntu
budashobora kwamburwa uwo ari we wese.
Muri ubwo burenganzira twavuga
uburenganzira bwo
gufatwa kimwe hatitawe
ku gitsina. PNUD
Rwanda yemeza ko
igitsina umuntu avukana
nta kintu bigomba
guhindura ku
burenganzira n’ubwisanzure bwe.
Uburinganire n’ubwuzuzanye ni ikintu
cyagiye gifatwa “nk’ikireba abagore gusa”.
Iyo witegereje neza ariko, usanga bureba
1 https://www.heforshe.org/en/node/78 2 Raporo y’isi igararaza imbogamizi mu buringanire n’ubwuzuzanye igaragaza aho ibihugu bigeze mu
ibitsina byombi ku gipimo kimwe.
Ubwuzuzanye bwa nyabwo ni ubufatanye
hagati y’abantu bose, aho usanga abahungu
n’abagabo babigiramo uruhare rugaragara
kugira ngo bubeho.
Uruhare rw’abahungu n’abagabo mu gutuma
uburinganire n’ubwuzuzanye bubaho
rugaragara cyane muri Gahunda
y’Umuryango w’Abibumbye Ushinzwe
Abagore, UNWomen, mu gikorwa cyabo bise
‘HeforShe’1. Perezida w’u Rwanda,
Nyakubahwa Paul Kagame ni umwe mu ba
perezida 10 batangije iki gikorwa ku isi yose.
Kuba u Rwanda rufite ubuyobozi bukomeye
kandi bwitangira iki gikorwa cy’uburinganire
n’ubwuzuzanye byatumye ruzamuka cyane
mu bikorwa by’ubukungu, ibya politiki ndetse
no mu mibanire y’abantu.
Ubuyobozi ndetse n’abakozi ba PNUD
Rwanda biyemeje ku buryo budasubirwaho
kwimakaza umuco w’uburinganire
n’ubwuzuzanye no gufasha u Rwanda mu
cyerekezo rwihaye cyo kubaka umuryango,
aho abagabo
n’abagore bahabwa
rugari mu kwerekana
icyo bashoboye kandi
bakagira uruhare mu
gukomeza ibikorwa
by’iterambere.
Ibikubiye muri iyi nyandiko biragaragaramo
gahunda y’imyaka 3 izafasha kugena
imikorere y’ibikorwa bya PNUD hashakwa
uburyo bwo kurimbura ivangura ryose
rishingiye ku 2
gitsina mu Rwanda.
gukuraho imbogamizi z’uburinganire n’ubwuzuzanye. Ni igipimo kigaragaza aho ibintu bigeze.
-
9
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
Uko ibintu bihagaze mu gihugu
Nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu
1994, u Rwanda rwigaragaje nk’igihugu
cyahindutse cyane muri Afurika. Rugendeye
kuri gahunda rwashyizeho nyuma ya
Jenoside ndetse n’amavugurura anyuranye
mu myaka 20 ishize, u Rwanda rwakoze
ibisa nk’ibitangaza mu birebana n’ubukungu
n’imibereho myiza y’abaturage. Muri ibyo
twavuga nko kuzamuka cyane ku buryo
burenze incuro eshatu amafaranga buri
muturage yinjiza (GDP); akaba yaravuye ku
madolari ya Amerika 206 mu 2002 akagera
kuri 729 muri 2016; twavugamo kandi
n’intambwe igaragara yatewe mu buzima,
uburezi, imibereho y’abaturage no bumwe
n’ubwiyunge.
U Rwanda rwabaye inkomarume ndetse
n’icyitegererezo iyo harebwe ukuntu
rwitangiye ibikorwa ndetse n’intambwe
yatewe mu birebana n’uburinganire
n’ubwuzuzanye no gushyigikira ubushobozi
bw’abagore. Nta gushidikanya, u Rwanda ni
kimwe mu bihugu biri imbere ku isi mu
kubahiriza uburinganire n’ubwuzuzanye.
Inama mpuzamahanga yigaga ku bukungu
bw’isi ‘World Economic Forum’ mu 2017
yashyize u Rwanda ku mwanya wa kane mu
bihugu byavanyeho icyuho cyagaragaraga
hagati y’abagabo n’abagore, rukaza inyuma
ya Iceland, Finland, na Norway.3
Imbaraga n’ubwitange bukomeye bwa Leta
y’u Rwanda byatumye u Rwanda rugera kure
mu birebana n’uburinganire n’ubwuzuzanye
3http://www3.weforum.org/docs/WEF_GGGR_
2017.pdf
4 Urutonde rwose warusanga ku mugereka A.
no gushyigikira imbaraga z’umugore.
Abagore bafite umwanya ugaragara mu
nzego zifata ibyemezo, ibyo bikaba bituma u
Rwanda ruza imbere ku isi mu kugira
abagore benshi mu Nteko ishinga
amategeko (62% nyuma y’amatora yabaye
muri 2018).
Ubushake bwa Politiki u Rwanda rufite mu
guteza imbere ihame ry’uburinganire
n’ubwuzuzanye bigaragarira kandi mu kuba
rwariyemeje
gushyira
umukono ku
masezerano
13 mu
rwego
rw’akarere
no ku isi mu
birebana
n’ihame
ry’uburinganire n’ubwuzuzanye no
gushyigikira ubushobozi bw’abagore, ndetse
n’amasezerano n’amahame anyuranye mu
birebana n’amategeko. 4,5.
Mu burezi, abahungu n’abakobwa bitabira
uburezi ku kigero kimwe mu mashuri abanza
n’ayisumbuye aho usanga ku bakobwa ari ku
5 UNDAP Gender Mainstreaming Strategy 2018-
2023. (2018). United Nations Country Team –
Rwanda. [Internal Document].
“Uburinganire n’ubwuzuzanye muri
byose ntabwo ari impuhwe, ni
uburenganzira bwanyu. Ni uko
bigomba kugenda. Uburenganzira ku
buringanire ntawe ushobora
kubutanga cyangwa ngo abwambure
abandi -H.E. Paul Kagame
-
10
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
kigero cya 85% naho ku bahungu bikaba ari
ku kigero cya 84%.6
Mu by’ubukungu, uruhare rw’abagore mu
mirimo inyuranye ikorwa ruri ku kigero cya
86%, kikaba kiri mu bipimo byo hejuru cyane
ku isi. Ku birebana n’icyuho kandi
cyagaragaraga mu mishahara hagati
y’abagabo n’abagore, kiri ku kigero cyo hasi
cyane mu Rwanda ugereranije n’ibihugu
byateye imbere (amasenti 88 ku idolari 3).
Byongeye kandi, abagore benshi mu
Rwanda baracyahembwa igihe bagiye mu
kiruhuko cyo kubyara (amezi atatu nyuma yo
kubyara 3). Ibi bikaba ari ikintu kiza gituma
abagore bashobora kwitabira umurimo
batabangamiwe no kubyara.
Turetse ibi byavuzwe hejuru ndetse n’ibindi
byinshi u Rwanda rwateyemo imbere,
haracyagaragara muri iki gihugu ingorane
mu kugera ku ntego z’iterambere. Kuva mu
1971 kugeza ubu, u Rwanda ruracyabarirwa
mu bihugu 47 bikennye ku isi.7 Ibi rero
birasaba ko igihugu gishyira imbaraga
nyinshi mu guteza imbere ibintu binyuranye.
Muri ibyo twavugamo: kuzamura umusaruro
mbumbe w’abaturage, kugabanya impfu
z’abana n’ababyeyi, kongera ibiribwa,
kongera ubwitabire mu mashuri, kwigisha
abantu bakuze, kuzamura ubushobozi mu
bukungu, ndetse no kwita ku micungire
y’ibiza8.
Amakuru atangwa kandi yerekana ko ingo
ziyobowe n’abagore zifite ibibazo bikomeye
biterwa n’ubukene no kubura akazi ku kigero
6http://www.lmis.gov.rw/scripts/publication/re
ports/Fourth%20Rwanda%20Population%20an
d%20Housing%20Census_Gender.pdf
cyo hejuru ugereranyije n’iziyobowe
n’abagabo6. Gusa, bigaragara ko ingo zirimo
umubyeyi umwe, akenshi usanga ari
umugore, bityo bikaba bituma iki kigereranyo
kitakwizerwa cyane.
Nubwo icyizere cy’ubuzima gisa
n’icyazamutse ugereranije n’imyaka ishize
(aho gihagaze ku myaka 66,6 10),
biragaragara ko u Rwanda rukiri inyuma,
kuko impuzandengo ku isi ari imyaka (72) 11,
Kimwe no mu bindi bihugu, icyizere
cy’ubuzima ku mugore ni imyaka 68.4;
bikaba bigaragara ko biri hejuru ugereranije
n’abagabo aho ari (64.6)Error! Bookmark not defined..
Ku birebana no gusoma no kwandika,
abagore bari hasi ugereranije n’abagabo
kuko bari ku gipimo cya 65% naho abagabo
7https://www.un.org/development/desa/dpad/wp-content/uploads/sites/45/publication/ldc_list.pdf 8https://www.un.org/development/desa/dpad/wp-content/uploads/sites/45/LDC_Profile_Rwanda.pdf
Uyu ni umudugudu w’ikitegererezo wo muri Kabaya ya Ngororero –
wubakiwe imiryango 11 yahuye in’ibiza. © Alice Kayibanda
https://www.un.org/development/desa/dpad/wp-content/uploads/sites/45/publication/ldc_list.pdfhttps://www.un.org/development/desa/dpad/wp-content/uploads/sites/45/publication/ldc_list.pdfhttps://www.un.org/development/desa/dpad/wp-content/uploads/sites/45/LDC_Profile_Rwanda.pdfhttps://www.un.org/development/desa/dpad/wp-content/uploads/sites/45/LDC_Profile_Rwanda.pdf
-
11
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
ari (72%6). Ibi nabyo ni imbogamizi ku bagore
n’abakobwa mu kubona amahirwe mu bintu
binyuranye nko kuba babona amafaranga,
kubasha kwishyiriraho ibikorwa bito
bibabyarira inyungu no kubicunga ndetse no
kugira uruhare mu gufata ibyemezo. Ikindi
kandi ni uko ubu busumbane mu kumenya
gusoma no kwandika hagati y’abagore
n’abagabo bituma abagore batabasha
kumenya n’amategeko anyuranye kandi
abarengera mu birebana n’ubwuzuzanye
n’uburinganire.
Abagore kandi usanga ari bo bagikora
imirimo myinshi mu ngo zabo ndetse no
kwita ku bana ifatwa nkaho nta kintu yinjiza.
Ibi na none bigaragara
no ku bagore babashije
no kwiga za kaminuza
bafite n’akazi
bahemberwa ahandi.9
Izi mvune zirimo ibice
bibiri zibangamira
abagore cyane
bakarangiza bibaza
niba bahitamo kugira umuryango cyangwa
akazi.
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa
abari n’abagore riracyakorwa henshi cyane
kandi ugasanga rifatwa nk’ikintu gisanzwe;
nta nubwo ibyo bibazo bimenyeshwa
ababishinzwe. Bivugwa ko abakobwa 2 kuri
batanu (41.2%) bakorerwa ihohoterwa ku
mubiri mbere y’imyaka 1510—iryo hohoterwa
ahanini rigakorwa n’abahungu bo muri iyo
9Habimana, O. 2017. Gender differences in time
allocation: Evidence from Rwanda. Turin School
of Development Working Paper No. 8.
International Training Centre of the ILO, Turin,
Italy.
miryango cyangwa ba nyiri izo ngo
b’abagabo babo.
Ibi bibazo byose birebana n’ubusumbane
bigaragara nk’aho bituruka ku mibereho
karande yashyiraga umugabo imbere,
amategeko ubona atagendanye n’igihe aho
usanga uwabangamiwe atitabwaho uko
byakagombye. Abagore iyo ubagereranije
n’abagabo ubona batarahawe agaciro,
barambuwe ubushobozi bafite, ubona nta
kintu na kimwe bafite cyatuma babasha
kwihitiramo icyo bashatse mu buzima
bwabo. Uko kudahabwa ubushobozi
bungana usanga bibangamiye imibanire
y’abantu muri rusange, mu by’ubukungu na
politiki bityo
bikagabanya n’uruhare
rw’abagore muri ibyo
bintu ntibanabashe
kwiteza imbere, guteza
imbere imiryango yabo,
aho batuye ndetse
n’igihugu cyabo.
PNUD yemera neza ko uburinganire
n’ubwuzuzanye ari ingenzi kandi ari
uburenganzira. Ariko kandi na none ko ari
ikintu cyanabangamira ibindi bikorwa
by’iterambere. Twibuke kandi ko ikibazo
cy’uburinganire n’ubwuzuzanye ari kimwe
mu bintu bitatu bifatwa nk’ibigomba
kuboneka mu nzego zose z’intego
z’iterambere zigaragara mu Cyerekezo
2020 u Rwanda rwihaye.11
10 http://www.rw.one.un.org/press-center/success-
story/partnership-end-gender-based-violence
11https://www.sida.se/globalassets/global/cou
ntries-and-regions/africa/rwanda/d402331a.pdf
“Abakunda amahoro bagomba kwiga kwitegura uko bikwiye nk’uko abakunda intambara babigenza”
-Martin Luther King Jr.
http://www.rw.one.un.org/press-center/success-story/partnership-end-gender-based-violencehttp://www.rw.one.un.org/press-center/success-story/partnership-end-gender-based-violence
-
12
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
Kubera iyi mpamvu, PNUD Rwanda
ishyigikira uburinganire n’ubwuzuzanye mu
buryo bubiri. Icya mbere ni uko PNUD
ishyigikiye amategeko n’amabwiriza arebana
hagamijwe kongerera abagore ubushobozi.
Ikindi ni uko ibirebana n’uburinganire
n’ubwuzuzanye bigomba gushyirwa muri
gahunda zose za PNUD.
Uko byifashe mu biro bya PNUD mu
Rwanda
Mu mwaka wa 2017, Ibiro bya PNUD mu
Rwanda byahawe igihembo cyiswe “Gold
Seal Certification” kubera akazi gakomeye
yakoze mu birebana n’uburinganire
n’ubwuzuzanye no kongerera abagore
ubushobozi. Muri gahunda-ngamba ibiro
bya PNUD mu Rwanda byakoze, harimo
kongera imbaraga mu kazi karebana no
kwita ku buringanire. Muri iki gihe PNUD
Rwanda ni imwe mu zikorera mu bihugu
umunani 15 ku isi hose yabonye iryo shimwe.
Iki gihembo kirerekana ubumenyi abakozi
bayo bafite mu birebana n’ uburinganire
n’ubwuzuzanye, ubushobozi bafite bwo
gutuma ayo mahame asakara ahandi
babinyujije mu bikorwa no mu mishinga
inyuranye, ndetse no kuba bahora biteguye
kuba bafatanya n’abandi kugira ngo ayo
mahame yimakazwe kurushaho. Ibiro bya
PNUD mu Rwanda ubu birihatira kureba ko
byakora ibisabwa byose kugira ngo icyo
gihembo bakigumane banatanga serivisi
iboneye ari nako bafasha abafatanyabikorwa
ba PNUD mu guteza imbere ihame
ry’uburinganire n’ubwuzuzanye no
gushyikira ubushobozi bw’abagore.
Ku birebana n’uburinganire ku kazi mu biro
bya PNUD mu Rwanda, ibyo byarangije
kugerwaho mu bakozi bayo. Urebye uko
imiterere y’akazi yari iteye mu 2018, abagore
mu kazi bari 49% (26/53) ariko ku rwego
rw’inzego zo hejuru ari 50% (1/2). Ibi biikaba
bigaragaza ko ibintu byari byaranogejwe
neza ugereranije na 2017, aho abagore muri
PNUD mu Rwanda bari 47%. Ahakiri ikibazo
ni uburinganire mu bashoferi muri PNUD,
aho abagore ari 20% (1/5) gusa.
Kuba imibare ingana ku nzego zose ni ikintu
cy’ingenzi cyane muri PNUD. Ariko uretse
kubona ko abagore bagaragara muri iyo
mirimo gusa, ni ikintu cy’ingenzi ko abagore
bumva bisanzuye, bakavuga ibintu uko
babibona kandi na none ni byiza ko bategwa
amatwi. Abayobozi bakuru muri PNUD
Rwanda basabwa gufatanya n’abandi
bagasaba abagore ko batanga ibitekerezo
byabo kandi bagahabwa umwanya uboneye
mu nama zitegurwa.
Byongeye kandi, abayobozi bose bagomba
kwerekana mu mihigo yabo (PMDs) ya
2017/2018 ibyo bagezeho mu birebana
n’uburinganire n’ubwuzuzanye, bagaragaza
uko binjije mu bikorwa byabo ibireba n’ayo
mahame. Abakozi bahabwa amahugurwa ku
kwimakaza ubwuzuzanye n’uburinganire
kandi bakamenyeshwa neza impamvu ibi ari
ingenzi. Hari abakozi bagomba gushyira mu
mihigo yabo ibyo bagomba kuzakora mu
birebana n’uburinganire n’ubwuzuzanye.
Ariko bigomba kumvikana ko gucengerwa
n’aya mahame y’uburinganire bitumvikana
kimwe ku bakozi bose kuko bamwe
batabisobanukiwe neza. Ibiro bya PNUD
bisobanukiwe neza ko abakozi bagomba
kongererwa ubushobozi kuri uru rwego
kugira ngo babyumve byose uko byakabaye
noneho babafashe kubyinjiza neza mu kazi
kabo ka buri munsi.
-
13
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
II. Ingamba zafashwe
Ingamba za PNUD mu rwego
rw’uburinganire n’ubwuzuzanye (2018-2021)
zafashwe ku gihe kiboneye mu mateka. Iyo
witegereje imbogamizi zigenda ziza
zikabangamira abantu n’ubundi
batishoboye, ibyo byatumye hari gahunda
zagiye zivuka nka “MeToo”- nange-,
“TimesUp”- birangirire aha-, ndetse n’izi
gahunda zisa nazo 16, zose zerekana
ubushake bwa politiki ku gukemura ibibazo
bitsikamira abagore n’abakobwa no
kubongerera ubushobozi bavukijwe igihe
kinini.
Amatsinda anyuranye y’abagore hirya no
hino ku isi yarahagurutse arwanya ihohotera
rishingiye ku gitsina cyane cyane ibirebana
n’ukwibasirwa bitewe n’igitsina ufite
cyangwa gufatwa ku ngufu bikozwe
n’abagabo bagufiteho ubushobozi
butandukanye., 16
Ingamba za PNUD mu rwego
rw’uburinganire n’ubwuzuzanye (2018-2021)
ni igisubizo ku ntego ndetse no ku byifuzo
bikubiye muri gahunda-ngamba yavuzwe
haruguru. Ni igisubizo kandi ku ngingo ya 6,
‘Signature solution 6’, yerekana imbogamizi
z’ibanze zibangamira ihame ry’uburinganire
n’ubwuzuzanye.
Mbere ya byose izi ngamba zigamije gufasha
ibiro bya PNUD mu Rwanda gushaka
imbaraga n’icyerekezo gishya muri gahunda
zayo zirebana n’uburinganire
n’ubwuzuzanye mu Rwanda. PNUD Rwanda
yemera nta gushidikanya ko hagomba
kubaho uburinganire bw’abantu bose
nk’uburenganzira bw’ibanze. Bikumvikana
neza ko uburinganire n’ubwuzuzanye ari
bwo buryo gusa bwo kunoza uko abagabo
n’abagore; abakobwa n’abahungu
babayeho. Igishyizwe imbere mu mirimo
yacu ya buri munsi, ni uko tugomba guhora
twibuka ko dukorera abantu nyakuri, bafite
imiryango kandi bafite ikizere cy’ubuzima
ndetse biyumvamo agaciro baremanywe.
Mu rwego rwo gutekereza no gushyigikira
iterambere ry’ikiremwa muntu, iyi nyandiko
iratwereka intego enye (4) zirebana
n’uburinganire n’ubwuzuzanye zikaba ari zo
zigomba kuranga ibikorwa by’iterambere
PNUD ikorera mu Rwanda.
Intego z’uburinganire
Izo ntego zatoranyijwe na PNUD mu Rwanda mu
rwego rwo gukomeza guteza imbere
uburinganire hagati y’umugore n’umugabo:
Intego Intego ya PNUD mu Rwanda ni ukubona mbere ya byose ko uburinganire ari uburenganzira bw’ibanze kuri bose.
Ibiro bya PNUD mu Rwanda bizashyiraho gahunda zishyigikira iterambere ry’abanyarwanda bose harebwe neza kurushaho ko ntawe usigaye inyuma.
Mu mishinga yose igamije iterambere, ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye rizashimangirwa ku buryo ibibazo n’ubuzima byihariye by’abari n’abagore, iby’abana b’abahungu n’abagabo byitabwaho kandi bigakemuka.
-
14
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
Intego ya 1. Buri porogarame igomba
kubahuriza uburinganire hagati y’abagabo
n’abagore, kongerera ubushobozi abagore
batibagiwe porogarame zo guhangana
n’ibiza.
Intego ya 2. Gushyira imbaraga muri
gahunda zita ku mbogamizi zigaragarira mu
nzego hagamijwe kongererera abagore
ubushobozi mu bukungu.
Intego ya 3. Kuzamura imyumvire rusange
y’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye
bibanda cyane ku musaruro bitanga mu
nzwgo zitandukanye.
Intego ya 4. Gushyira imbaraga nyinshi mu
gukangurira abagabo n’abahungu gushyigikira
ibikorwa n’ubuvugizi ku bwuzuzanye
n’uburinganire hitabwa cyane cyane ku kurwanya
ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Imbogamizi n’ingamba zafashwe
PNUD mu Rwanda ibona ko hari inzitizi nyinshi
zishobora kubangamira ishyirwa mu bikorwa
ry’ingamba zigamije guteza imbere uburinganire
n’intego twavuze haruguru. Izi mbogamizi
zikurikira zo zigomba kwitabwaho
by’umwihariko:
Imbogamizi 1a: Imbogamizi mu kumvikana
n’abafatanyabikorwa ishyirwa mu bikorwa rya
gahunda, aho bamwe nta bushobozi buhagije
bwo gukurikiza ihame ry’uburinganire
n’ubwuzuzanye mu mishanga bayobora cg
porogarame zabo.
Ingamba 1b: Guha ubufasha bwa tekiniki
abafatanyabikorwa bafite ingorane zo kubahiriza
ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu
mirimo bakora. Kuvugurura imikoranire n’inzego
zidateza imbere ihame ry’uburinganire
n’ubwuzuzanye mu bikorwa byabo.
Imbogamizi ya 2a: Intege nke mu gukusanya
amakuru ku ihame ry’uburinganire
n’ubwuzuzanye ku buryo buhoraho kandi
bukozwe bya kinyamuga.
Ingamba ya 2b: Gukora ku buryo abakozi n’ibigo
bishinzwe gukusanya amakuru ku ihame
ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bumva
inshingano zabo zo kubona amakuru yizewe.
byaba ngombwa, Iyo ayo makuru adahari, ni
byiza gutera inkunga icyo gikorwa cyo gukusanya
amakuru mashya cyangwa gukora ubuvugizi
kugira ngo abafatanyabikorwa bashyireho
uburyo n’ibikoresho byo gukusanya amakuru.
Imbogamizi ya 3a: Kuba hari bamwe mu bakozi
ba PNUD Rwanda batarumva neza bihagije
iyubahirizwa ry’ ihame ry’uburinganire
n’ubwuzuzanye, bituma imishinga yose
itubahiriza iryo hame ku buryo bumwe.
Ingamba ya 3b: Gutegura amahugurwa rimwe
cyangwa kabiri mu mwaka ku iyubahirizwa
ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu
kigo no kureba umusaruro bitanga ku bakozi
bose ba PNUD.
Imbogamizi ya 4a: Ubushobozi buke butuma
hadashyirwaho umukozi ushinzwe iyubahirizwa
Umudugudu wa Rwinkuba: Wubatswe mu 2016 na REMA ku nkunga ya PNUD mu kubungabunga ibidukikije n’iterambere ritangiza ibidukikije © Alice Kayibanda
-
15
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
ry’uburinganire mu bakozi (impuguke mu
buringanire n’ubwuzuzanye)12 cyangwa
hadategurwa amahugurwa ku buringanire
n’ubwuzuzanye.
Ingamba ya 4b: Kureba uburyo budahenze
bwakoreshwa mu kongera ubumenyi. Guha
abakozi amahugurwa hifashishijwe
imfashanyigisho zisanzwe zihari. Guha
amahugurwa umukozi umwe cyangwa babiri
kugira ngo bashingwe by’umwihariko
uburinganire n’ubuwuzuzanye ku kazi.
Kubishinga by’umwihariko abimenyereza
umwuga bize ibijyanye no gusesengura
iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire
n’ubwuzuzanye.
Imbogamizi ya 5a: Kubura amafaranga
bishobora kubangamira ishakishwa n’itangazwa
ry’amakuru ku bikorwa bya PNUD mu Rwanda ku
iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire
n’ubwuzuzanye.
Ingamba ya 5b: Implement a policy whereby
each unit is responsible for working with the
Politiki yo gushyira mu bikorwa ihame
ry’uburinganire n’ubwuzuzanye aho buri
gashami gakorana n’abashinzwe itumanaho
kugira ngo bakore inkuru n’ubundi butumwa
buvuga ku byagezweho mu kubahiriza iryo
hame.
Imbogamizi ya 6a: PNUD Rwada ifite gahunda
nkeya zibanda ku ruhare n’inshingano
by’umugabo mu guteza imbere uburinganire
n’ubwuzuzanye.
Ingamba ya 6b: Mu bikorwa byose bijyanye
n’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye
bagomba kwibanda ku kamaro k’ibikorwa
12As of now, the office relies on Junior Professional Consultants under the UNDP/UNAC partnership.
n’abagabo bigira ku ihame ry’uburinganire ku
bagore. Kongera ubukangurambaga bugaragaza
ko kudaha umugore ubushobozi bimusubiza hasi
kandi bikamubuza kureshya n’umugabo.
Kurushaho gusobanurira abagabo ko hari
amabwiriza amwe n’amwe ashobora
gutsikamira abagabo. Gushyigikira
ubukangurambaga bw’ishami ry’umuryango
w’abibumbye ryita ku bagore bwiswe “HeforSh”
Imbogamizi ya 7a: Ubumenyi butangwa
n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku
bagore ntibukoreshwa uko bikwiye kandi ubona
n’imikoranire n’utundi dushami twa PNUD mu
bijyanye n’uburinganire hagati y’umugore
n’umugabo idahagije
Ingamba ya 7b: Kongera kuzamura imikoranire
iri hagati ya PNUD n’ishami ry’umuryango
w’abibumbye ryita ku bagore. Gutumira imboni
y’ishami ry’umuryango w’abibumye ryita ku
bagore n’uhagarariye buri gashami mu nama ku
ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye muri
PNUD. Gushyiraho uburyo bushya
bw’imikoranire hagati y’abafatanyabikorwa.
Imbogamizi ya 8a: Nubwo hari byinshi
byagezweho mu buringanire bw’ibitsina byombi
muri PNUD Rwanda, bishoboka ko haba hakiri
inzitizi mu ku bijyanye n’uko abagore bagira
Intego ya 1
Gukora ku buryo gahunda zose zubahiriza uburinganire n’ubwuzuzanye ndetse zikanongerera ubushobozi abagore , harimo na gahunda zirebana n’imicungire y’ibiza bikomoka ku bidukikije no kubishakira ibisubizo.
-
16
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
uruhare ku buryo bungana n’ubw’abagabo mu
kazi.
Ingamba 8b: Gushishikariza abakozi n’ubuyobozi
bukuru (abagabo n’abagore) kuganira ku nzitizi
mu kugira uruhare rungana hagati y’abagore
n’abagabo no gushakira hamwe ibisubizo.
III. Intego ya 1: Gushyira uburinganire hagati
y’abagore n’abagabo muri gahunda zose
Mu rwego rwo gushyira uburinganire hagati
y’abagore n’abagabo ku buryo busesuye mu kazi ka
PNUD ndetse no kugera ku ntego zisobanuye mu
ngamba z’ikigo, gushyira uburinganire hagati
y’abagore n’abagabo muri gahunda zose bigomba
gushyirwa mu bikorwa ku rwego rwa buri gahunda.
Gahunda zishyira mu bikorwa neza uburinganire
hagati y’abagabo n’abagore ziha agaciro,
zigakurikirana kandi zigakusanya amakuru ku bibazo
bifitanye isano n’uburinganire hagati y’abagore
n’abagabo muri iryo shyirwa mu bikorwa.
Ikindi kiyongera ku bwiyemeze bwa PNUD mu
Rwanda mu gushyira uburinganire hagati y’abagore
n’abagabo muri gahunda zose, ni uko intego ya mbere
igaragaza akamaro ko kongera ingufu mu kwita kuri
gahunda zita ku micungire y'ibidukikije no kubonera
ibisubizo ibiza bikomoka ku bidukikije. Igisubizo cya 6
kigaragaza akamaro ko kunoza ingamba zifitanye
isano n’uburinganire hagati y’abagore n’abagabo
igihe hari ibibazo. Kongera ingufu mu guhangana
n’ibibazo byagaragaye nk'imwe mu ngamba yo
gushakira ibisubizo ibibazo by'ingenzi byavuzwe
haruguru.
-
17
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
Hashingiwe ku nyandiko ya gahunda ya PNUD
mu Rwanda, 19 u Rwanda rushobora kwibasirwa
cyane n’ibiza bituruka ku bidukikije. Muri byo
harimo inkangu, imyuzure n’inkuba mu bice
by’Uburengerazuba hamwe n’izuba ryinshi mu
bice by’uburasirazuba. Mu rwego rw’imicungire
y’ibiza bituruka ku bidukikije, ni ngombwa
gushakira umuti ibibazo byihariye by’abagore.
Mu gihe k’ibiza, abagore bahura n’ibibazo byinshi
bitewe n’ibintu byinshi bifitanye isano n’igitsina
cy’umuntu.13,14 Icya mbere ni uko ihohoterwa
rishingiye ku kubabaza umubiri no ku gitsina ryibasira
abagore cyane mu gihe cy'amakimbirane n'ibiza.
Ikindi ni uko abagore hari ibindi bakenera harimo
n’imiti, ibyerekeranye no kujya mu mihango, gutwita
cyangwa konsa. Icya gatatu ni uko abagore ari bo
muri rusange bita mbere na mbere ku bana bato,
urubyiruko, abasaza n’abakecuru hamwe n’abafite
ubumuga, bityo ubushobozi bwabo bwo guhunga
ikiza vuba bukagabanuka. Icya kane ni uko
imibereho y’abagore ishobora gutuma
13http://blogs.worldbank.org/sustainablecities/why-engaging-women-and-children-disaster-risk-management-matters-and-how-it-makes-difference
batamenya ikiza cyugarije cyangwa ntitume
bafata icyemezo cyo guhunga.
14https://www.ifrc.org/Global/Documents/Secretariat/201511/1297700_GBV_in_Disasters_EN_LR2.pdf
Hillside Hope Abafite ubumuga bwo kutabona bahura n’inzitizi zitandukanye mu buzima bitewe n’uko ubwo bumuga bufatwa muri sosiyete ugasanga abantu batitabwaho hashingiwe ku miterere yabo. Izo nzitizi harimo kudahabwa uburezi, akazi n’ibindi nko gutura no kurya. Muri Kamena 2017, Hillside Hope na PNUD Rwanda basinye amasezerano y’inkunga ya Blessing igenewe abafite ubumuga bwo kutabona. Iyo nkunga yari igenewe guhugura abarima kugira ngo abana bafite ubumuga bwo kutabona badasigazwa inyuma. BSVI ifite abanyeshuri 16, abarimu 3 n’umuntu umwe wita ku banyeshuri. Iryo shuri rigamije guha ubushobozi abana bafite ubumuga bwo kutabona binyuze mu kubigisha. Ibyi bigamije gufasha abo banyeshuri kugira ubushobozi bwo kwibeshaho mu buzima kandi ntihagire usigara inyuma mu iterambere rirambye.
Wari uziko… Itandukaniro ry’imiterere y’umubiri hamwe
n’amahame y’uburinganire n’ubwuzuzanye
hagati y’abagore n’abagabo bishobora
gutuma bamwe barokoka cyangwa
ntibarokoke mu gihe k’ibiza.
Abagore bishwe na tsunami yabaye muri 2004 bari bakubye inshuro enye abagabo muri Indoneziya, Sri Lanka, n’Ubuhindi. Ibi byatewe ahanini n’uko abagore bashishikazwaga no kwita ku bari bafite ibibazo kurusha abandi, n’uko abagabo bari barigishijwe koga no kurira ibiti bakiri bato, mu gihe abagore batabyigishijwe.
-
18
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
Ni ngombwa kandi kumenya ko abagabo bahawe
akato bahura n’ibibazo byinshi mu gihe k’ibiza.
Nk’urugero, abagabo bafite ubumuga bwo mu
mutwe n’ubw’ingingo cyangwa abahungu bato
bashobora guhura n’ingorane nyinshi mu gihe
k’ibiza bituruka ku bidukikije. Ikindi ni uko
Abanyarwanda b’abakene n’ababa mu cyaro
bashobora guhura n’ibibazo byinshi. 22 Ku bw’iyo
mpamvu, gahunda n’ibikorwa by’imicungire
y’ibiza bigomba kubitaho.
Ingamba
Mu rwego rwo kugera ku ntego zigize intego
rusange, ibiro byo mu gihugu bigomba gukora
ibikorwa bikurikira bifitanye isano na gahunda:
1. Gukomeza kugenzura ko ibibazo bigaragara
byerekeye uburinganire n’ubwuzuzanye
bijyanye n’ibisabwa n’amahame ariho mu
byerekeye uburinganire n’ubwuzuzanye.
2. Kugena ingengo y’imari ihagije mu gutegura,
gushyira mu bikorwa no kubika amakuru
ajyanye n’ibikorwa byerekeye uburinganire
n’ubwuzuzanye.
3. Kongera ubukangurambaga ku kamaro ko
gukusanya amakuru hashingiwe ku
kugaragaza abagore n’abagabo no gushyira
mu bice ibipimo bihari.
4. Gutegura gahunda zibanda ku bibazo
bitandukanye bifite aho bihurira n’ihame
ry’uburinganire n’ubwuzuzanye (nk’urugero
abana b’abakobwa cyangwa abagore bafite
ubumuga).
5. Kongera imbaraga mu gushyira mu bikorwa
gahunda zigaragaza uruhare rw’abahungu
n’abagabo mu bikorwa by’uburinganire
hagati y’abagore n’abagabo.
6. Gutanga amahugurwa ahagije avuga ku
ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ku
bayobozi ba za gahunda.
7. Kongerera imbaraga imboni z’iyubahirizwa
ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye
kugira ngo barusheho gukorana umuhate
n’imbaraga
8. Kongerera ingufu mu bya tekiniki abakozi bo
mu gihugu kugira ngo bashobore gusuzuma
ingorane zishobora kubaho no gushyiraho
gahunda ihamye yo guhangana n’ibiza
bishobora kubaho n’ubutabazi bushingiye ku
ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati
y’abagore n’abagabo.
9. Kurushaho kugira amakuru y’iteganyagihe
yuzuye kandi abonekera igihe.
10. Kongerera ingufu ishyirwa mu bikorwa
ry’amabwiriza yerekeye ibidukikije no
kurushaho kwita ku bibazo byerekeye
ibidukikije mu nzego z’ubukungu.
Mu gushyira mu bikorwa intego ya mbere,
gahunda zose z’ibiro byo mu gihugu zizakora ku
buryo zishyira muri gahunda zose ibibazo
by’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati
y’abagore n’abagabo mu buryo bukwiye, bita ku
buryo bw’umwihariko ku micungire y’ibiza
bituruka ku bidukikije.
IV. Intego ya 2: Imbogamizi zituruka ku
miterere y’inzego
Intego ya 2 yibanda ku ruhare rwa PNUD
nk’umufatanyabikorwa uteganya hakiri kare
impinduka nziza atari umuryango wibanda ku
gufasha mu bihe by’ibiza. Muri uko gufata
inshingano yo guteganya, ibiro bya PNUD mu
Rwanda bifite amahirwe yo kuba byashyiraho
ubundi buryo bwo gutekereza ku bibazo bihari
no kubishakira umuti.
Zimwe mu ngamba zafashwe n’uyu muryango
ziri ku rutonde rugaragaraho igisubizo nimero 6
kiriho umukono cyemejwe nk’imbaraga
Intego ya 2
Gushyira ingufu muri gahunda zishakira ibisubizo imbogamizi zituruka ku miterere
y’inzego zibangamira ubushobozi, mu by’ubukungu ku bagore.
-
19
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
zizafasha kubahiriza ihame ry’uburinganire
hagati y’abagore n’abagabo. Mu gisubizo cya 6
cyemejwe, hitawe ku ivanwaho ry’imbogamizi
zituruka ku miterere y’inzego zituma abagore
batagera ku kigero cyo hejuru cy’ubukungu
gishoboka. Ikindi ni uko inyandiko ya gahunda
y’igihugu ivuga ko PNUD yita by’umwihariko ku
ngamba z’umurimo ukorwa n’abagore. Icya
nyuma ni uko kongera amahirwe ubukungu
bw’abagore ari imwe mu ntego eshatu
zisobanurwa na Perezida Kagame mu
bukangurambaga bwiswe «He for She».23
Hari imbogamizi zitandukanye zituruka ku
miterere y’inzego zibangamira iterambere
ry’abagore mu bukungu. Ingamba zerekeye
politiki n’amategeko ndetse n’imikorere mu bigo
no muri sosiyete zishobora kugira uruhare mu
gukomeza kwimakaza ubusumbane mu bukungu
hagati y’abagore n’abagabo. PNUD Rwanda yita
ku mbogamizi zibangamira cyane iterambere
ry’abagore mu bukungu: kuba abagore bakiri
bake mu mirimo itandukanye kandi
n’umushahara no kudafatwa kimwe mu
mushara.
Hari ibintu by’ingenzi byinshi bigomba
kwitabwaho mu gihe cyo kuganira ku mbogamizi
zituruka ku miterere y’inzego mu kongerera
ubushobozi abagore mu bukungu. Icya mbere ni
uko mu Rwanda umubare w’abagore badafite
akazi uri hejuru (17.5%) ugereranyije
n’uw’abagabo (16.1%).
Icya kabiri ni uko ihezwa mu mirimo imwe
n’imwe riri hejuru mu Rwanda, aho igice kinini
cy’abagore gikora mu buhinzi mu gihe abagabo
bari cyane mu nzego z’inganda n’indi mirimo. 24
Ikindi ni uko ishami rishinzwe imiyoborere muri
PNUD rivuga ko umubare w’abagore badafite
akazi kazwi n’urwego rw’umurimo uyingayinga
inshuro ebyiri ugereranyije n’abagabo.
N’iyo kandi abagore babonye akazi kemewe
n’amategeko, bahembwa amafaranga make
ugereranyije n’abagabo kandi akazi bakora ari
kamwe. Iki kibazo cy’imihembere itandukanye
ku bagabo n’abagore mu Rwanda kiri ku rwego
rwo hejuru ugereranyije n’ikigereranyo cyo ku
rwego rw’isi, aho ari 27% (ugereranyije na 23%).
Ibi bisobanura ko abagore bakora mu Rwanda
babona ikigereranyo cya 27% munsi y’icyo
abagabo babona (ibice 73 ku ijana kuri buri
dolari).
Imbogamizi zituruka ku muco n’amategeko na zo
zatumye inguzanyo abagore bahabwa
n’amabanki ndetse n’ibigo by’imari iciriritse
zigabanuka, bikanatuma n’ubundi buryo
bwabinjiriza amafaranga na bwo buba buke. Izi
mbogamizi zituma abagore bakomeza gukora
imirimo gakondo ndetse zigatuma bakomeza
kuba imbata y’ubukene no gutungwa n’abandi. 25
Hashingiwe kuri izo mpamvu, PNUD Rwanda
igamije guteza imbere amahirwe y'ubukungu ku
Banyarwanda bose, yita cyane ku kongera
amahirwe y’ibyinjiriza abantu amafaranga no ku
guhanga imirimo ku bagabo n’abagore, ndetse
no ku guteza imbere uburinganire hagati
y’abagore n’abagabo haba aho bakorera
n’uburyo akazi gakorwamo.
Muri iki gihe PNUD Rwanda itera inkunga
gahunda ebyiri z’ingenzi zitanga amahirwe
menshi yo kongera uburyo bwo guhanga
imirimo, kongera amafaranga umuntu yinjiza no
gushyiraho uburyo bumwe akazi gakorwamo ku
bagore n’abagabo. Izo gahunda zijyanye n’ihame
ry’uburinganire n’ubwuzuzanye rigomba
gushyigikirwa no mu rwego rw’abikorera ndetse
no mu bikorwa byose by’urubyiruko rwibumbiye
muri “Youth Connekt initiative”.
-
20
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
Igikorwa cyo kwimakaza amahame y’uburinganire mu nzego z’imirimo bise “The Gender Equality Seal” cyatangijwe mu Rwanda mu Ugushyingo 2017.
Abafatanyabikorwa bari Amashami y’umuryango
w’abibumbye yibumbiye hamwe ONE UN, PNUD na
UNWOMEN, bafatanyije Urwego rw’Igihugu Rushinzwe
Kugenzura Iyubahirizwa ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye
bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere ry’Igihugu (GMO)
hamwe n’Urugaga rw’Abikorera (PSF). Iki gikorwa kibanda
ku bintu bitandatu by’ingenzi mu guca ubusumbane hagati
y’abagore n’abagabo mu bigo by’umurimo: (1) guca
ihohoterwa rishingiye ku gitsina, (2)
kwita ku kazi no ku buzima nyuma yako, (3) kugabanya
ivangura ry’imirimo hashingiwe ku gitsina, (4) guca burundu
ihozwa ku nkeke rishingiye ku gitsina, (5) kongera uruhare
rw’abari n’abategarugori mu nzego zifata ibyemezo na (6) gukoresha ihererekanyamakuru kuri bose kandi ridatesha
agaciro abari n’abategarugori.
Muri uyu mwaka, ishyirwa mu bikorwa rya gahunda
y’amahame y’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati
y’abagore n’abagabo ryashyizwemo ingufu. Ikindi ni uko
uretse ibigo by’abikorera 36 byagaragaje ko bishyigikiye
gahunda yo gukurikira amahame y’uburinganire
n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo mu bigo
byigenga, ibigo byinshi bya Leta byemeye kugira uruhare
mu kwimakaza ihame ry’uburinganire mu nzego
z’umurimo, ku buryo bw’umwihariko Urwego rw’Igihugu
rw’Iterambere (RDB) na Banki Nkuru y’Igihugu. Minisiteri
y’Ubucuruzi n’Inganda, Ministeri y’uburinganire
n’Iterambere ry’umuryango na Minisiteri y’abakozi ba Leta
n’umurimo nazo zifite uruhare muri iyi gahunda.
Muri 2012, PNUD yatangije amahugurwa yo guhuza
urubyiruko (Youth Connekt Boot camp) nk’imwe muri
gahunda zayo zo kongerera ubushobozi urubyiruko
n’abagore. Amahugurwa agamije gufasha ba
rwiyemezamirimo b’urubyiruko kongera amahirwe yo
kubona ubushobozi mu bijyanye n’imari n’amahugurwa mu
byerekeye ubucuruzi kugira ngo batangize cyangwa bagure
ibikorwa byabo by’ubucuruzi no kugira ngo bahange
imirimo mishya. Kugeza ubu, ba rwiyemezamirimo
b’urubyiruko 630 barahuguwe. Mu myaka itandatu ishize,
aba ba rwiyemezamirimo bahanze imirimo igera ku 8309
y’igihe gito n’ihoraho.
Rwanda National Police © Alice Kayibanda ku
PNUD irategenya kongera ahakorerwa amahugurwa
hagamijwe guhangira urubyiruko imirimo igera ku 2500buri
mwaka.
Hashingiwe kuri gahunda yo kwimakaza amahame
y’uburinganire hagati y’abagore n’abagabo ku kazi,
umushinga wo guteza imbere amahame y’uburinganire mu
nzego z’abikorera n’igikorwa cy'amahugurwa yo guhuza
urubyiruko byatumye habaho ubufatanye hagati ya PNUD,
andi mashami y’umuryango w’abibumbye, hamwe n’abandi
n’abafatanyabikorwa bo mu gihugu.
Duhereye ku byakozwe muri ibi bikorwa byombi,
twakuramo amasomo menshi ku kazi kari imbere mu
kongerera ubushobozi abagore mu byerekeye ubukungu
mu Rwanda.
Ingamba
Mu rwego rwo guhangana n’imbogamizi zishingiye ku miterere
y’inzego z’imirimo hagamijwe gutuma abagore bafatwa neza kandi
mu buryo bumwe n’abagabo mu mirimo bakora, PNUD Rwanda
yiyemeje gushyira imbere ibi bikurikira:
1. Kongera umubare w’abagore bitabira gahunda
zagenewe kongerera ubushobozi abagore mu
byerekeye ubukungu.
2. Guteza imbere uburyo bwiza bwo gutanga akazi (ni
ukuvuga guhabwa amahirwe angana mu kazi)
hagamijwe kongera umubare w’abagore bakora no
kugabanya ihezwa mu kazi.
3. Gukurikirana umusaruro uva muri gahunda za
PNUD n’ibikorwa byo gutanga akazi no guteza
imbere abakobwa n’abagore ndetse no kunoza
’uburyo bakoramo akazi (ni ukuvuga amakuru
agaragaza umubare w’abagore n’uw’abagabo).
4. Gutegura amahugurwa ku ihame ry’uburinganire
hagati y'abagore n’abagabo agenewe
abafatanyabikorwa bashyira mu bikorwa za
gahunda, ku bagenerwabikorwa n’abandi
hagamijwe kugaragaza ibibazo biterwa no kuba
hari imirimo iharirwa abagore indi igaharirwa
abagabo n’ibibatandukanya bidafite ishingiro.
-
21
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
5. Kumenyekanisha ibikorwa na gahunda za PNUD
mu duce duherereyemo abagore bakiri bato.
Kwigisha abagenerwabikorwa akamaro ko kongera
ubwitabire bw’abagore n’abakobwa.
6. Gushakira ibisubizo imbogamizi zituma abagore
n’abakobwa batitabira ibikorwa na gahunda
bigamije kubongerera amahirwe mu byerekeye
ubukungu.
o Urugero: gushyiraho ibikoresho
nkangurambaga byakwerekwa ababyeyi
babo bigaragaza akamaro ko kongerera
abagore ubushobozi mu by’ubukungu.
o Nk’urugero kwemerera abagore kuzana
impinja n’abana babo bato mu
mahugurwa.
• Kugeza intego y’uburinganire hagati y'abagore
n’abagabo ku bantu bashobora gukora havugwa ku
bibazo bitandukanye bihuriweho n'abagore n'abagabo.
Ni ukuvuga kwita ku bibazo byihariye by’abagore
n’abagabo bafite amateka atandukanye banafite
amahirwe n’imbogamizi bitandukanye.
o Gukora amahugurwa ku byiza byo gukoresha
ubudasa hagati y’abagore n’abagabo,
harimo n’abantu bakiri bato, abakuze,
abafite ubumuga n’ibindi byiciro.
• Kongera ubufatanye no guhanahana ubumenyi hagati
ya PNUD n’andi mashami y’umuryango w’abibumbye,
by’umwihariko n’ishami ry’umuryango w’abibumbye
ryita ku bagore (UN Women) na UNFPA.
Mu rwego rwo kwita ku kongerera abagore ubushobozi mu
bijyanye n'ubukungu, PNUD Rwanda igamije kongera ibikorwa
bigamije kuvanaho inzitizi zituruka ku miterere y’inzego.
V. Intego ya 3: Ibibazo bihuriweho
Guteza imbere iterambere kuri bose ni igice cy’ingenzi mu
nshingano za PNUD. Ariko kugera ku iterambere ridaheza
bisaba kumva urusobe rw’amasano atandukanye ari hagati
y’uburinganire hagati y’abagore n’abagabo hamwe n’ibindi
byitabwaho mu mibereho myiza no mu bukungu. Ku
bw’ibyo, intego ya 3 y’iyi ngamba iteza imbere uburyo
bushingiye ku bibazo bihuriweho hagamijwe uburinganire
hagati y’abagore n’abagabo.
Muri make, uruhurirane rw’ibintu bitandukanye ni
ibitekerezo biikoreshwa mu gusuzuma ibihuriweho
bitandukanye biranga umuntu mu mibereho ye. Mu bibazo
bihuriweho hazirikanwa ko tudashobora kwiga ku bibazo
byerekeye uburinganire hagati y’abagore n’abagabo
bitagendeye hamwe n’ibibazo byerekeye ubwoko,
ubumuga, imyemerere, kuba umuntu yiyumva nk’umugore
cyangwa umugabo n’ibindi kubera ko tubona
ibituranga byose bitandukanye bituranga
icyarimwe. Ku bw’iyo mpamvu, kumva ku buryo
bwuzuye ubusumbane hagati y’abagore n’abagabo
bizita ku ngaruka zitandukanye z’ibintu bituranga
duhuriyeho atari igitsina gusa.
Ikindi cy’ingenzi ni uko umuntu agomba kumva
ko ubusumbane hagati y’abagore n’abagabo
atari ikibazo cyigwa gitandukanyijwe n’ubundi
bwoko bw’ubusumbane. Ahubwo ubusumbane
hagati y’abagore n’abagabo bufitanye isano
Intego ya 3
Kongera ubushobozi bwo kumva ku buryo bwuzuye uburinganire hagati y’abagore
n’abagabo bwita ku ngaruka no ku kamaro k’icyiciro cy’ibibazo bihuriweho.
Isuzuma ry’ibintu bihuriweho ku mibare y’abazi gusoma no kwandika
Isuzuma ry’uburinganire hagati y’abagore n’abagabo hashingiwe ku
mibare y’abazi gusoma no kwandika mu Rwanda rigaragaza ko
hashobora kuba hari abagore benshi batazi gusoma no kwandika
ugereranyije n’abagabo (65% ku bagore bazi gusoma, 72% ku bagabo).
Isuzuma ry’ibintu bihuriweho ku mibare y’abazi gusoma no kwandika
mu Rwanda rishobora kugereranya umubare w’abagore
n’uw’abagabo bazi gusoma no kwandika mu cyaro ndetse n’umubare
w’abagabo n’uw’abagore bazi gusoma batuye mu migi. Iryo suzuma
ryagaragaje ko igipimo cy’abazi gusoma no kwandika mu migi ikiri
hejuru(82% ku bagore; 83% ku bagabo) ugereranyije no mu bice
by’icyaro (61% ku bagore; 70% ku bagabo).
Iri suzuma rigaragaza ko ugereranyije n’abagabo, abagore bo mu migi
n’abo mu byaro bazi gusoma no kwandika ari bake. Ariko iri suzuma
rinagaragaza ko igipimo cy’abagore bo mu migi bazi gusoma no
kwandika gisumba icy’abagabo bo mu cyaro ho 12%. Ku bw’ibyo,
gahunda zishingiye ku kongera imibare y’abazi gusoma no kwandika
zigomba kwita ku bintu byinshi biranga abakorerwaho
ubushakashatsi, bibiri muri byo bikaba byaba igitsina cy’umuntu n’aho
atuye, kugira ngo hamenywe neza niba hari icyuho mu iterambere.
-
22
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
n’ubundi bwoko bwose bw’ivangura umuntu
ashobora guhura na ryo. 26
Nk’urugero, abagore bafite amateka
atandukanye bashobora guhura n’ibibazo
by’ubusumbane hagati y’abagore n’abagabo
kimwe n’ubundi bwoko bw’ubusumbane.
Nk’urugero, umugore ufite ubumuga bwo
kutabona ashobora guhura n’ikibazo
cy’ubusumbane hagati y’abagore n’abagabo
hiyongereyeho n’ivangura rishingiye ku
kutabona. Kubera ko ibibazo yagize bidashobora
kwigwa mu bice bitandukanye, kurwanya
ubusumbane hagati y’abagore n’abagabo kuri
uyu mugore bisobanura kuri we no kurwanya
politiki n’imyumvire biheza abafite ubumuga
bwo kutabona. Ni ngombwa rero ko PNUD
Rwanda isuzuma ubusumbane bwose
bugaragara mu buryo butandukanye.
PNUD Rwanda yiyemeje kwita ku bihuriweho
muri gahunda z’iterambere. Amahugurwa
ahabwa abakozi mu gushyira uburinganire hagati
y’abagore n’abagabo muri gahunda zose azaba
arimo ibisobanuro n’ingero by’ibyo abantu
bahuriyeho. Kwita ku mpinduka za gahunda ku
bagore no ku bagabo, bizaba ngombwa ko
abakozi batabona mu buryo bumwe
uburinganire hagati y’abagore n’abagabo.
Ahubwo ingaruka zizasuzumwa binyuze mu
buryo buhuriyeho bwo kubona ibintu bwita ku
itandukaniro ku byaranze abantu hashingiwe ku
bindi byaranze umuntu.
Mu gushaka kugira imyumvire ku bintu
bihuriweho mu kumva uburinganire hagati
y’abagore n’abagabo, ingamba ya PNUD ku isi
yose ya 2018-2023 yakoze ibintu bikurikira
biranga abantu bifite aho bihuriye
n’uburinganire hagati y’abagore n’abagabo:
1. Ubwoko 2. Aho umuntu atuye (nk’urugero mu
cyaro/mu mugi) 3. Ikiranga umuntu (nk’urugero igitsina cye
no kuba yiyumva nk’umugore cyangwa umugabo)
4. Abinjira n’abasohoka mu gihugu/kuba umuntu ari impunzi
5. Ibara ry’uruhu 6. Idini 7. Uko umuntu ahagaze mu byerekeye
imibereho n’ubukungu 8. Imyaka 9. Ubumuga (ubwo mu mutwe
n’ubw’ingingo)
PNUD Rwanda yatangiye gusuzuma ibyo abantu
bahuriyeho bijyanye n’imyaka n’ubumuga
bifitanye isano n’uburinganire hagati y’abagore
n’abagabo. Ingero zabyo zishobora kuboneka mu
byo PNUD Rwanda yitaho bishobora
kugaragarira mu buryo PNUD yita ku murimo
ukorwa n’urubyiruko binyuze muri gahunda
yiswe «YouthConnekt» cyangwa gahunda yo
gufasha abana bafite ubumuga bwo kutabona.
Ingamba
Mu rwego rwo kwagura uburyo bwayo bwo
gushyira ihame ry’uburinganire hagati y’abagore
n’abagabo muri gahunda zose, PNUD Rwanda
yiyemeje gukora impinduka zikurikira mu buryo
bufatika:
1. Gusaba abayobozi bakuru bose
kwitabira ibiganiro ku kumva ku buryo
bwagutse ibibazo byerekeye
uburinganire hagati y’abagore
n’abagabo.
2. Gukora ku buryo ubuyobozi bukuru
bukangurira abantu kwitabira ibiganiro
hamwe n’abakozi ku byo abantu
bahuriyeho no gushyira mu buryo
busesuye uburinganire hagati y’abagore
n’abagabo muri gahunda zose.
3. Kuvugurura amahugurwa ku bakozi
b’ibiro bya PNUD mu Rwanda hagamijwe
-
23
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
gushimangira uburyo bwo kwita ku
bihuriweho.
4. Kugaragaza imishinga na gahunda
birangwa n’ibintu bike bigaragaza
uburinganire hagati y’abagore n’abagabo
no gutekereza ku buryo uburinganire
hagati y’abagore n’abagabo
bwagaragara mu kibazo nyamukuru
kigamije gukemurwa.
5. Guteza imbere ubufatanye n’imikoranire
hagati ya PNUD n’andi mashami ya ONU
ndetse n’imiryango Itegamiye kuri Leta
iharanira uburenganzira bwa muntu.
6. Gukoresha inama ku bukangurambaga
ku buringanire hagati y’abagore
n’abagabo mu nama z’Umuryango
w’Abibumbye ndetse no hanze
y’ibikorwa.
7. Guteza imbere ibyo abantu bahuriyeho
mu butumwa bwamamaza bya PNUD
Rwanda.
Muri ubu buryo bushingiye ku bintu bihuriweho
mu gushakira umuti ibibazo bitandukanye bigira
ingaruka ku bikorwa by’iterambere,
biteganyijwe ko izindi gahunda zizashobora
gukemura mu buryo bunoze ibibazo bigaragara
mu buringanire hagati y'abagore n'abagabo
hananozwa uburyo bwo kwita ku ihame
ry’uburinganire hagati y'abagore n'abagabo mu
mishinga inyuranye ya PNUD.
VI. Intego ya 4: Abahungu n’abagabo
Intego ya 4 yibanda ku kamaro ko gutuma
abahungu n’abagabo bagira uruhare mu
guharanira uburinganire hagati y’abagore
n’abagabo. Iki gikorwa kandi ntikigamije gusa
kongera ubushobozi bw’abakobwa n’abagore,
ahubwo ubu buryo bunafite inyungu nyinshi ku
bahungu n'abagabo.
Ingamba ibanziriza iyi y’ibiro bya PNUD mu
Rwanda ivuga ko u Rwanda ari umuryango uha
amahirwe menshi abagabo. Uburyo buha
amahirwe menshi abagabo ni imiterere ya
sosiyete aho abagabo baba bafite imyanya hafi
ya yose y’ubuyobozi n’imicungire. Nk’uko
byaganiweho mu gice kibanziriza iki, hari ibintu
byinshi biranga umuntu bifite aho bihuriye
n’igitsina bishobora kongera cyangwa
kugabanya ububasha bw’umuntu. Muri ubu
Objective 4
Kwibanda ku kongera uruhare rw’abagabo
n’abahungu mu gushyigikira ubuvugizi
n’igikorwa cy’uburinganire hagati y’abagore
n’abagabo, by’umwihariko ku byerekeye
ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
-
24
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
buryo, uburyo buha amahirwe menshi abagabo
ni uburyo buhuriweho n’ibintu byinshi
budashingiye gusa ku gitsina.
Bumwe mu buryo bw’ingenzi abahungu
n’abagabo bagomba kugiramo uruhare ni
ukuvanaho burundu ihohoterwa rishingiye ku
gitsina. Ihohoterwa rishingiye ku gitsina
bisobanura ihohoterwa rikorewa umuntu
hashingiwe gusa ku myumvire isanzwe y’igitsina
cye. Muri iri hohoterwa hashyirwamo ibikorwa
nko gushyingira umuntu utarageza ku myaka
y’ubukure cyangwa kumushyingira ku ngufu,
gukoresha uwo mwashakanye imibonano
mpuzabitsina ku ngufu, gukorera umuntu
igikorwa kimubabaza umubiri, kwima umuntu
uburenganzira ku mutungo, kumutuka,
guhohotera umuntu hashingiwe ku buzima bwe
bwo mu mutwe, icuruzwa ry’abantu, gukura
umuntu ho ibice by’imyanya y’igitsina cye,
gusambanya umuntu ku ngufu no kumwica. 27
Ikibabaje ni uko ihohoterwa rishingiye ku gitsina
ryafashwe igihe kinini nk’ikintu gisanzwe mu
mibanire y’umugabo n’umugore, rigafatwa
kandi nk’ikibazo cy’umuryango Leta itagombaga
kwivangamo. 28 Mu bijyanye n’amategeko,
abahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina
ntibarinzwe ku buryo buhagije. Muri make,
hejuru ya kimwe cya kabiri (56%) cy’abarokotse
ihohoterwa ntibasaba ubufasha aho ari ho hose
mu gihe 7% gusa bashaka ubufasha buturutse
muri polisi. 29
Dusesenguye ihohoterwa rishingiye ku gitsina
dukoresheje uburyo bureba ibyiciro byose
by’abaturage, turasanga abagore bose batagira
ihungabana kimwe. Ikigaragara ni uko umuntu
ateye bimugira umunyantege nke bityo bikaba
byamuviramo guhohoterwa. Urugero,
ibigaragara mu buzima busanzwe nko kuba
wiyumva ufite igitsina iki n’iki, ufite ubumuga
cyangwa ukomoka mu bwoko runaka, hamwe
n’ibituma habaho ihohoterwa nk’ibihe by’ibyago
biturutse ku biza bishobora kongera ibyago byo
kuba ihohoterwa ryakwiyongera. Abagabo
bitwara nk’abagore cyangwa abagore bitwara
kigabo na bo bashobora gukorerwa ihohoterwa
rishingiye ku gitsina. 30
Bitewe n’uko muri rusange abagore bafatwa
nk’insina ngufi, akenshi ihohoterwa rishingiye ku
gitsina rikorwa n’abahungu n’abagabo
bakarikorera abakobwa n’abagore. Ku bw’iyo
mpamvu, ingamba za PNUD mu Rwanda
zishingiye ku myumvire ifata ihohoterwa
rishingiye ku gistina nk’ikibazo abagabo
bagomba kugira icyabo, aho abahungu
n’abagabo bagomba gufata iya mbere mu
kurirwanya bivuye inyuma. Ubukangurambaga
bwatangijwe n’umuryango w’abibumbye
bwiswe «HeforShe» bugaragaza akamaro
k’abahungu n’abagabo mu kuzirikana
ihohoterwa rikorerwa abagore bagafata iya
mbere mu kurirwanya. Guca burundu
ihohoterwa rishingiye ku gitsina ni kimwe mu
bintu bitatu Perezida Kagame yiyemeje
nk’ubikorera ubuvugizi. 31
Akenshi ihohoterwa rishingiye ku gitsina
rishobora guturuka ku myemerere y’ibyo
sosiyete ifata nk’ibintu bisanzwe, imyumvire,
uko abantu bumva ibintu bashingiye ku muco,
bakumva ko ari ibisanzwe ko ihohoterwa
rishingiye ku gitsina ryabera ahantu hose mu
buzima busanzwe, haba mu rugo, aho umuntu
atuye n’ahakorerwa akazi. 31
Kubera ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rihera
ku kutihanganira ibivugwa ku gitsina iki n’iki
bitagendeye mu murongo sosiyete yashyizeho,
bumwe mu buryo bw’ingenzi bwo kurwanya
ihohoterwa rishingiye ku gitsina ni ukurwanya
-
25
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
ibyo bita inshingano zitwa iz’umugore n’izitwa
iz’umugabo. Ikindi gikwiye ni ukurwanya guha
agaciro gake inshingano z’abagore bikunze
gukorwa kenshi.
Ingamba
Ibiro bya PNUD mu Rwanda byagaragaje
ingamba zikurikira mu gukangurira abahungu
n’abakobwa kubahiriza ihame ry’uburinganire
hagati y’abagore n’abagabo, harimo no guca
burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Kugira
ngo izo ntego zigerweho, PNUD Rwanda igomba
kongera ubufatanye hagati y’ibiro byo mu gihugu
hamwe na Polisi y’igihugu, urwego rw’igihugu
rushinzwe imfungwa n’abagororwa, urugaga
bw’ababuranira abandi bo mu gihugu, imiryango
itegamiye kuri Leta, n’ Ishami ry’Umuryango
w’abibumbye ryita ku buringanire hagati
y’abagore n’abagabo, hamwe n’ishami
ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bagore.
1. Gukoresha inama n’amahugurwa ku
myumvire iha abagabo ububasha
bwinshi (urugero ni inshingano
z’abagabo n’iz’abagore, uko «abagabo
nyabagabo» bitwara n’ibindi.).
2. Gukora igenzura ku bwunganizi mu
mategeko bukorerwa abakorewe
ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Kugaragaza icyuho gihari muri politiki
cyangwa mu buryo bwo gutanga
amakuru.
3. Kwibanda ku gushishikariza abarokotse
ihohoterwa rishingiye ku gitsina no
gushaka ubwunganizi mu mategeko.
4. Gutanga amahugurwa ku bwumvikane
bwo gukora imibonano mpuzabitsina,
kwibanda ku ruhare rw’abagabo mu guca
burundu imibonano mpuzabitsina
itumvikanyweho neza.
5. Gukorana n’abafatanyabikorwa babifitiye
ububasha (nk’urugero polisi n’inkiko)
kwakira mu buryo rusange kandi binyuze
mu mucyo mbere na mbere abakorewe
ihohoterwa.
6. Ku rwego rw’ibiro byo mu gihugu,
gushyiraho uburyo bureba bose kandi
butabogamiye ku gitsina iki n’iki
bwerekeye ikiruhuko cyo kubyara
(uburyo buhuriza hamwe ikiruhuko ku
mugore no ku mugabo wabyaye).
Hamwe no guteza imbere ubu buryo mu
bafatanyabikorwa ba PNUD. 33
7. Gukomeza kwita ku kazi ariko utibagiwe
imibereho y’abakozi nyuma y’akazi.
Kwemerera no gushishikariza abakozi
gukoresha ubundi buryo bwo gukora
akazi, kugira ngo umuntu ataramburwa
akazi kandi akomeze kugakora neza,
cyane cyane ku bakozi b’abagore.
8. Hari akazi ko kongera umubare
w’abagore mu myanya yose y'imirimo,
mu myanya y’ubuyobozi no mu nzego
zifata ibyemezo. Gukora ku buryo
ibyifuzo by’abagore byumvwa kandi
bikubahirizwa, kubera ko guhagararirwa
byonyine bidahagaje.
Mu gushyira mu bikorwa intego ya 4, ibiro byo
mu gihugu bigamije guhuriza hamwe imbaraga
mu gukora ubukangurambaga mu bahungu no
mu bagabo ku buringanire hagati y'abagore
n'abagabo no guca burundu ihohoterwa
rishingiye ku gitsina.
VII. Umwanzuro
Ihame ry’Uburinganire n’ubwuzuzanye hagati
y’abagore n’abagabo ni uburenganzira bwa
muntu bw’ibanze bukanaba igipimo cy’ingenzi
cy’iterambere ry’igihugu. Ishami ry’Umuryango
w’Abibumbye ritsura Amajyambere (PNUD) mu
Rwanda ryongeye gushimangira ubushake rifite
mu guharanira ihame ry’uburinganire
-
26
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
n’ubwuzuzanye, uburenganzira n’amahirwe
amwe ku bagore n’abagabo.
Izi ngamba zagaragaje intego enye ibiro bya
PNUD mu Rwanda bizashyiramo imbaraga mu
myaka itatu iri imbere. Intego ya 1 yagaragaje
akamaro ko kwita ku ihame ry’uburinganire
n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo
muri gahunda zose kugira ngo ziteze imbere ku
buryo bwuzuye ibisubizo bishingiye ku
buringanire hagati y’abagore n’abagabo. Ikindi ni
uko intego ya mbere yibanze ku kongera uburyo
uburinganire hagati y’abagore n’abagabo
bushyirwa muri gahunda zo guhangana n’ibiza
byangiza ibidukikikje.
Intego ya 2 yavuze ku mbogamizi zituruka ku
miterere y’inzego ibangamira iterambere
ry’ubukungu bw’abagore. Aha, ishami rya PNUD
mu gihugu rigamije gufata ingamba hakiri kare
zafasha kubona ibisubizo bishya ku mbogamizi
zerekeye ubukungu zituruka ku miterere
y’inzego abagore bahura na zo ubu mu Rwanda.
Intego ya 3 yasobanuye uruhurirane rw’ibintu
bitandukanye biranga ihame ry’uburinganire
n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo. Yari
igamije kongera ubushobozi bw’ishami rya PNUD
mu gihugu kugira ngo ryibande ku kubona
uburinganire hagati y’abagore n’abagabo mu
ndorerwamo y’ibintu byinshi bitandukanye
hitabwa cyane ku kamaro byatanga. Ku
byerekeye iyi ntego, ihame ry’uburinganire
n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo
bufatwa icya rimwe nk’ikibazo gifite umwihariko
wacyo ariko kigomba kugaragara mu mishinga
yose y’iterambere.
Intego ya 4 yibanze ku kongera ubwitabire
bw’abahungu n’abagabo mu gukora ubuvugizi
ku ihame ry’buringanire n’ubwuzuzanye hagati
y’abagore n’abagabo no kugira ibikorwa bakora.
Ikigamijwe ni ugushyiraho urubuga abagabo
bahuriramo kugira ngo bashishikarizwe
guharanira ihame ry’uburinganire
n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo
ndetse rukaba umwanya w’imishinga
y’iterambere uvuguruza imyumvire ivuga ko
uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagore
n’abagabo ari «ikibazo cy’abagore».
Izi ntego zigamije kubera umusemburo abakozi
ba PNUD mu gihugu, kuyobora ibikorwa byabo
by’iterambere no kwagura imyumvire bari
basanzwe bafite ku buringanire hagati y’abagore
n’abagabo no kongerera ubushobozi abagore.
Ingamba zihariye kuri buri ntego zitanga uburyo
bufatika bwo kuzishyira mu bikorwa.
Mu rwego rwo kugira ngo izo ntego zishyirwe mu
bikorwa, buri cyiciro cyakoze urutonde
rw’ingamba zihariye zijyanye na buri ntego.
Byasabwe ko buri shami riganira n’abakozi baryo
uko buri shami ryakwiyemeza ibikorwa ryakora
kuri buri ngamba yihariye.
Intego twavuze haruguru zirakomeye cyane
ariko ni umukoro twihaye. Nyamara ibyo
ntibyagerwaho hatabaye ubufatanye nyabwo
bw’abakozi b’ibiro byacu mu gihugu ndetse
n’abafatanyabikorwa bacu. Mu gutangaza izi
ngamba, turashishikariza abazazisoma
kwiyemeza gushimangira ihame ry’uburinganire
n’ubwuzuzanye mu buryo bwose kugira ngo
twese tubeho turushijeho kwishima, mu mahoro
no mu buzima bufite agaciro.
Ibisobanuro by’amagambo
-
27
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
Igitsina
Bisobanura uko umuryango mugari ubona umuntu hashingiwe ku mahirwe umuha n'imibanire ye n'abandi
bitewe n’uko ari umuhungu/ umugabo cyangwa umukobwa/umugore.
Uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo
Bisobanura uburenganzira, inshingano n’amahirwe angana ku bagore no ku bagabo.
Kwita ku ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo muri gahunda zose
Bisobanura igikorwa cyo gusuzuma uko abagore n’abagabo bagira uruhare muri buri gukorwa
giteganyijwe, harimo amategeko, politiki cyangwa gahunda, mu bice byose by’ubuzima kandi ku byiciro
byose.
Kongerera ubushobozi abagore
Bifitanye isano n’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo, ariko hejuru y’ibyo,
kongerera ubushobozi abagore bigizwe n’ibintu bitanu: (1) kuba abagore bumva ko bafite agaciro; (2)
uburenganzira bwabo bwo guhitamo kandi bikozwe na bo ubwabo; (3) uburenganzira bwabo bwo kubona
amahirwe no kugira imitungo ; (4) uburenganzira bwabo bwo kugira ububasha bwo kugenzura ubuzima
bwabo bwite, haba imuhira no hanze yaho; (5) n’ubushobozi bwabo bwo kuba bagira icyo bahindura
icyerekezo cy’impinduka z’imibereho bagashyiraho uburyo burushijeho kuba bwiza bw’imibereho
n’ubukungu, ku rwego rw’igihugu no ku rwego mpuzamahanga.
Uburenganzira bw’abagore
Kugira uruhare rusesuye kandi rungana rw’abagore mu buzima bwerekeye politiki, imbonezamubano,
ubukungu n’imibereho myiza, ku rwego rw’igihugu, urw’akarere igihugu giherereyemo no ku rwego
mpuzamahanga, no guca burundu uburyo bwose ivangura rishingiye ku gitsina ryigaragazamo.
-
28
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
Umugereka A
Urutonde rw’amasezerano mpuzamahanga n’andi yo mu karere ku ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye
no kongerera ubushobozi abagore nkuko agaragara mu gitabo cy’ingamba zigamije kwita ku ihame
ry’uburinganire n’ubwuzuzanye muri gahunda zose muri UNDAP (20188-2023).
1. Itangazo Mpuzamahanga ryerekeye Uburenganzira bwa Muntu
2. Amasezerano mpuzamahanga ku burenganzira mu mbonezamubano na politiki
3. Amasezerano Mpuzamahanga yerekeye guca burundu ivangura iryo ari ryo ryose rikorerwa abari
n’abategarugore
4. Itangazo ry'ibyemezo byafatiwe ry'I Beijing
5. Amasezerano mpuzamahanga yerekerekeye ugushyingirwa ku bushake, imyaka mike yo
gushyingirwa no kwandika ubushyingirwe
6. Amasezerano mpuzamahanga arengera uburenganzira bw’umugore mu bya politike
7. Amasezerano mpuzamahanga adahatirwa y’inyongera agamije gukumira, guca no guhana
icuruzwa ry’abantu, cyane cyane abana n’abagore kandi yuzuza amasezerano mpuzamahanga
arwanya ibyaha byambukiranya imipaka, umwanzuro w’ishami ry’umuryango w’abibumbye 61/144
rigamije kurwanya ubucuruzi bukorerwa abagore n’abakobwa.
8. Amasezerano mpuzamahanga agenga uburenganzira umugore washatse umunyamahanga afite
ku bwenegihugu.
9. Itangazo mpuzamahanga ryerekeye guca burundu ihohoterwa iryo ari ryo ryose rikorerwa
abagore.
10. Umwanzuro w’Umuryango w’abibumbye 61/144 werekeye kongera imbaraga mu guca burundu
ihohoterwa iryo ari ryo ryose rikorerwa abagore.
11. Umwanzuro w’Umuryango w’Abibumbye werekeye guca burundu gufatwa ku ngufu
n’ihohoterwa iryo ari ryo ryose rikorerwa abagore n’aho rigaragara hose haba mu bihe
by’amakimbirane n’ibindi bihe bisa na yo.
12. Amasezerano mpuzamahanga adahatirwa y’inyongera ku masezerano nyafurika ku burenganzira
bwa muntu avuga ku burenganzira bw’abagore muri Afurika.
13. Itangazo ry’inama mpuzamahanga ya Kigali ku ruhare rw’inzego z’umutekano mu kurwanya
ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa yashyiriweho ikigo cyo gukurikirana ishyirwa mu
bikorwa ryayo kuri uyu mugabane, ubunyamabanga bwacyo buri i Kigali kandi yasinywe n’ibihugu
20 muri Afurika.
Hari urutonde rw’amavugurwa yakozwe na Leta y’u Rwanda ku mategeko na politiki nk’uko agaragara
muri gahunda y’ubufatanye y’Umuryango w’Abibumbye (UNDAP 2018-2023) yo kwita ku ihame
ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo
1. Itegeko No. 32/2016 ryo ku 28 Kanama 2016 rigenga abantu n’umuryango, rifite ingingo nyinshi
zirwanya ivangura rikorerwa abagore.
2. Itegeko No. 27/2016 ryo ku wa 8 Nyakanga 2017 rigenga imicungire y’umutungo w’abashakanye,
impano n’izungura rirwanya ivangura rikorerwa abana b’abahungu n’ab’abagabo mu bijyanye
n’izungura
-
29
INGAMBA KU BURINGANIRE N’UBWUZUZANYE: PNUD RWANDA (2018-2021)
3. Itegeko ngenga No. 12/2013/OL ryo ku wa 12 Nzeri 2013 ryerekeye imari n'umutungo bya
Leta, rishyiraho ingamba zo gusobanura uko ibintu byakozwe mu bijyanye no kugenera imari
ikoreshwa mu kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye;
4. Itegeko ngenga No. 10/20/2013/OL ryo ku wa 11 Nyakanga 2013 rigenga amashyaka ya politiki
n’abanyapolitiki ribuza ivangura iryo ari ryo ryose ryaba rishingiye ku gitsina, ku bwoko, ku idini
mu mashyaka ya politiki
5. Itegeko No. 43/2013 ryo ku wa 16 Kamena 2013 rigenga imikoreshereze y’ubutaka mu Rwanda,
ribuza ivangura rishingiye ku gitsina rikorwa ku kubona ubutaka
6. Itegeko ngenga No. 01/2012/OL ryo ku wa 2 Gicurasi 2012 rishyiraho igitabo cy’amategeko
ahana, ribuza icuruzwa ry’abana, kubashora mu busambanyi no kubakinisha sinema
z’urukozasoni
7. No. 54/2011 ryo ku 14 Ukuboza 2011 ryerekeye uburenganzira bw’umwana n’uburyo bwo
kumurinda no kumurengera riha ababyeyi bombi inshingano zo kurinda umwana
8. Itegeko ngenga No. 02/2011/OL ryo ku wa 27 Nyakanga 2011 rigenga imiterere n’imikorere
y’uburezi, riteganya ko uburezi bw’umuturage butagomba kurangwa n’ivangura iryo ari ryo ryose.
9. Itegeko No. 27/2010 ryo ku wa 19 Kamena 2010 rigenga amatora riteganya ko nibura 30%
by’abakandida mu matora y’inteko ishinga amategeko ku rutonde rw’amashyaka baba ari abari
n’abategarugori.
10. Gahunda y’igihugu yo kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye (2016-2020)
11. Gahunda yo gushyira mu bikorwa Itangazo rya Beijing (2012-2017)
12. Gahunda y’igihugu yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (2011) n’iteganyabikorwa ryayo
(2011-2016)
13. Politiki y’igihugu igenga ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye (2010)
IncamakeIjambo ry’ibanzeI. IntangiriroUko ibintu bihagaze mu gihuguUko byifashe mu biro bya PNUD mu Rwanda
II. Ingamba zafashweIntego z’uburinganireImbogamizi n’ingamba zafashwe
III. Intego ya 1: Gushyira uburinganire hagati y’abagore n’abagabo muri gahunda zoseIngamba
IV. Intego ya 2: Imbogamizi zituruka ku miterere y’inzegoIngamba
V. Intego ya 3: Ibibazo bihuriwehoIngamba
VI. Intego ya 4: Abahungu n’abagaboIngamba
VII. UmwanzuroIbisobanuro by’amagamboUmugereka A