umutaramakuru wigenga

5
UMUTARAMAKURU WIGENGA KIGALI KU WA 17 KANAMA 2013 ITANGAZO RIGENEWE ABAKORANA NIKIGO EDEN MEMORY RESEARCH CENTER UMWAMBUZI WIKIRANGIRIRE MU RWANDA Uwiyita Dr. REKERAHO Emmanuel nyamara kandi ntaho yize hazwi kuva mu mashuri abanza kugeza ubwo we yivugira ko yarangije amashuri ye kugeza ku cyiciro cya 4 cya kaminuza ari cyo abize bita PhD ndetse akaba ntacyo akora kigaragarza ko yize ayo mashuri angana atyo,cyane ko hari byinshi akorana ubuswa utasangana numwana wo mu mashuri abanza nkuko tubikesha abakorana na we ku buryo bwa hafi batashatse ko amazina yabo ashyirwa ahagaragara kubwimpamvu zumutekano wabo wakwibasirwa nuyu mugabo utoroshye na gato mu gutera ubwoba abagira icyo bamwishyuza. Ni muri urwo rwego rero twifuje kubamenyesha mwe dukunda kandi duharanira ko mwatera imbere ko uyu mugabo REKERAHO Emmanuel ari umwambuzi ndetse numuteka mutwe ruharwa ukwiriye kwirindwa cyane ko afite byinshi yabategeramo nko kuba ngo ahagarariye abavuzi gakondo bo mu Rwanda bibumbuye mu ihuriro AGA RWANDA NETWORK nubwo ntacyo abamarira uretse kubarya imisanzu nabo ubwabo batazi aho irengera, aba bakaba baranagiye bamurega ariko bikaba ibyubusa, akaba yaranashinze ikigo EDEN MEMORY RESARCH CENTER LTD avuga ko kivura kikanatanga amahugurwa ku bumenyingiro butandukanye nyamara abahiga bakavuga ko ubumenyi bahavana buri hasi cyane yubwo bakagombye kuhavana ugereranije namatangazo yuzuyemo ibikabyo acishwa hirya no hino ku maradiyo nka AMAZING GRACE(Ubuntu butangaje) nandi menshi. TWATANGIRA KUBAGEZAHO BIMWE MU BIMENYETSO Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’abavuzi gakondo mu Rwanda (AGA Rwanda Network)bwajemo amakimbirane akomeye. Aya makimbirane yatangiye kujya ahabona cyane cyane ubwo umuyobozi mukuru waryo yirukanaga umunyamabanga nshingwabikorwa ndetse n’umuyobozi mukuru wungirije. Mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka ni bwo inama rusange y’iri shyirahamwe yateranye yikirukana umunyamabanga nshingwabikorwa, Modeste Nzayisenga ndetse n’umuyobozi mukuru wungirije, Daniel Gafaranga. Ariko na mbere, ibimenyetso by’ukutumvikana mu buyobozi bw’iri shyirahamwe byari byatangiye kwigaragaza. Nk’urugero, tariki ya mbere y’ukwezi kwa gatanu 2012, komite mpuzabikorwa y’iri shyiramwe yarateranye ihagarika by’agateganyo umuyobozi mukuru Emmanuel Rekeraho.

Upload: jerome-thomas

Post on 02-Jan-2016

144 views

Category:

Documents


10 download

TRANSCRIPT

Page 1: UMUTARAMAKURU WIGENGA

UMUTARAMAKURU WIGENGA

KIGALI KU WA 17 KANAMA 2013

ITANGAZO RIGENEWE ABAKORANA N’IKIGO EDEN MEMORY RESEARCH CENTER

UMWAMBUZI W’IKIRANGIRIRE MU RWANDA

Uwiyita Dr. REKERAHO Emmanuel nyamara kandi ntaho yize hazwi kuva mu mashuri abanza kugeza

ubwo we yivugira ko yarangije amashuri ye kugeza ku cyiciro cya 4 cya kaminuza ari cyo abize bita PhD

ndetse akaba ntacyo akora kigaragarza ko yize ayo mashuri angana atyo,cyane ko hari byinshi akorana

ubuswa utasangana n’umwana wo mu mashuri abanza nk’uko tubikesha abakorana na we ku buryo bwa

hafi batashatse ko amazina yabo ashyirwa ahagaragara kubw’impamvu z’umutekano wabo

wakwibasirwa n’uyu mugabo utoroshye na gato mu gutera ubwoba abagira icyo bamwishyuza.

Ni muri urwo rwego rero twifuje kubamenyesha mwe dukunda kandi duharanira ko mwatera imbere ko

uyu mugabo REKERAHO Emmanuel ari umwambuzi ndetse n’umuteka mutwe ruharwa ukwiriye

kwirindwa cyane ko afite byinshi yabategeramo nko kuba ngo ahagarariye abavuzi gakondo bo mu

Rwanda bibumbuye mu ihuriro AGA RWANDA NETWORK n’ubwo ntacyo abamarira uretse kubarya

imisanzu nabo ubwabo batazi aho irengera, aba bakaba baranagiye bamurega ariko bikaba iby’ ubusa,

akaba yaranashinze ikigo EDEN MEMORY RESARCH CENTER LTD avuga ko kivura kikanatanga

amahugurwa ku bumenyingiro butandukanye nyamara abahiga bakavuga ko ubumenyi bahavana buri

hasi cyane y’ubwo bakagombye kuhavana ugereranije n’amatangazo yuzuyemo ibikabyo acishwa hirya

no hino ku maradiyo nka AMAZING GRACE(Ubuntu butangaje) n’andi menshi.

TWATANGIRA KUBAGEZAHO BIMWE MU BIMENYETSO

Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’abavuzi gakondo mu Rwanda (AGA Rwanda Network)bwajemo

amakimbirane akomeye.

Aya makimbirane yatangiye kujya ahabona cyane cyane ubwo umuyobozi mukuru waryo

yirukanaga umunyamabanga nshingwabikorwa ndetse n’umuyobozi mukuru wungirije. Mu

kwezi kwa karindwi uyu mwaka ni bwo inama rusange y’iri shyirahamwe yateranye yikirukana

umunyamabanga nshingwabikorwa, Modeste Nzayisenga ndetse n’umuyobozi mukuru

wungirije, Daniel Gafaranga.

Ariko na mbere, ibimenyetso by’ukutumvikana mu buyobozi bw’iri shyirahamwe byari

byatangiye kwigaragaza. Nk’urugero, tariki ya mbere y’ukwezi kwa gatanu 2012, komite

mpuzabikorwa y’iri shyiramwe yarateranye ihagarika by’agateganyo umuyobozi mukuru

Emmanuel Rekeraho.

Page 2: UMUTARAMAKURU WIGENGA

Uyu muyobozi ashinjwa kunyereza umuntungo w’ishyirahamwe kandi ngo akarangwaho

n’imiyoborere mibi.

Ku ruhande rwe ariko Rekeraho nawe avuga ko Nzayisenga na Gafaranga birukanywe kubera

imikorere mibi ndetse bakaba baranamubeshyeye ko yanyereje amafanga miliyoni 70

z’amanyarwanda bari bahawe nk’inkunga n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima

(OMS).

Rekeraho Emmanuel, Perezida wa AGA Network

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye tariki ya 31 Kanama 2012, Rekeraho yabwiye

abanyamakuru ko aba bagabo uko ari babiri bananyereje amafanga y’abanyamuryango ngo

bafashe bababwira ko bagiye kubashakira ibyangombwa ariko ntibyaboneka. Ayo abashinja

kunyereza agera kuri miliyoni 4 n’ibihumbi 700 by’amafaranga y’u Rwanda.

Ibi ni byo perezida w’iri shyirahamwe Rekeraho Emmanuel aheraho avuga ko atayoborana n’aba

bagabo bakwiye kuvaho.

Ati, “Nk’iyo umuntu agiye mu baturage akabaka amafaranga yabo ahagariye urugaga yarangiza

ntayazane mu rugaga akayakubita umufuka mbese wakora iki? Icyo ni cyo Modeste

[Nzayisenga, umunyamabanga nshingwabikorwa w’ishyirahamwe] yakoze.”

Amafaranga Rekeraho ashinja Nzayisenga , ni ayavuye mu mahugurwa y’abavuzi gakondo

avugwaho kuba yakoresheje mu karere ka Nyanza ndetse na Kamonyi.

Rekeraho ati “Wayoborana n’umuyobozi nk’uwo nguwo ukavuga ngo uzagera kuki?”

Page 3: UMUTARAMAKURU WIGENGA

Rekeraho Emmanuel kandi ashinja Nzayisenga na Gafaranga kuba bemerera abavuzi gakondo

gukoresha ibikoresho babonye byose kandi bitewe kuko bikurura umwanda.

Ku ruhande rwe, Modeste Nzayisenga, Umunyamabanga Nshingwabikorwa ndetse n’umuyobozi

mukuru wungirije, Daniel Gafaranga bavuga ko ibyo umuyobozi w’iri shyirahamwe abarega ari

ibinyoma; bakongera ho ko abiterwa n’uko yari yahagaritswe by’agateganyo akanga kurekura

ubutegetsi.

Aganira na Igitondo.com, Nzayisenga yavuze ko bitangaje kumva ko Rekeraho avuga ko bariye

amafaranga y’ihuriro kandi ari we wayariye; ndetse ngo ntiyumva uburyo yavuga ko bo

bahagaritswe batakiri abayobozi. Ati “Ahubwo biratangaje kumva ko abamuhagaritse ari bo

batakiri abayobozi. Ni n’ibintu bisekeje kumva uregwa ubusambo ari we uhindukira akavuga

ngo ni wowe wabukoze. Ni ibintu bidasobanutse na gatoya.”

Nzeyimana avuga ko ikibazo gihari ari imiyoborere mibi ari nayo bari mu kurwana nayo. We

avuga ko ibyo Rekeraho avuga ari amaburakindi. “Ibyo ni kwa kundi umuntu aba yabuze ikindi

avuga kubera ibintu akurikiranyweho. Ni amatakirangoyi.”

Uyu mugabo avuga ko bo bamaze no kwandikira minisitiri w’ubuzima bamumenyesha icyo

kibazo cy’ubujura bashinja umuyobozi w’ishyirahamwe ryabo ndetse ubu ngo inzego z’iperereza

zikaba zikibikurikirana.

Nzayisenga anongeraho ko batumije urwego rw’igihugu rw’ubugenzuzi bw’imari, bukaba na

bwo buri gusuzuma iby’inyerezwa ry’umutungo w’urugaga.

Amafaranga Rekeraho abashinja ko bariye, uyu munyamabanga nshingwabikorwa asobanura ko

ari yo yabafashije kwishyura imyenda bari barimo nyuma y’uko Rekeraho anyereje amafaranga

akaba yigiriye hanze y’igihugu.

Page 4: UMUTARAMAKURU WIGENGA

Modeste Nzayisenga, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa AGA Network

Mu myenda bishyuye harimo ay’inzu bakodeshaga ku Gitega urugaga rwakoreragamo. Iyi

bakaba ngo barayishyuye amezi abiri angana n’ibihumbi 500 ndetse hakaba n’andi bishyuye

ibitangazamakuru n’abandi bantu bari babereyemo umwenda.

Kudindiza ishyirahamwe

Amakimbirane hagati y’aba bayobozi yatumye abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’abavuzi

gakondo bacikamo ibice bibiri. Ubu hari igice cy’abanyamuryango bashyigikiye perezida

Rekeraho ndetse n’igishyigikiye Nzayisenga na Gafaranga.

Ikibigaragaza ni uko mu kiganiro n’abanyamakuru cyatanzwe, bitari byoroshye kubona

umunyamuryango udafite uruhande abogamiyeho.

Cyakora abanyamuryango b’iri shyirahamwe basanga amakimbirane ari hagati y’abayobozi babo

akomeza kudindiza urugaga rwabo.

Umunyamuryango waganiriye na Igitondo.com, ariko utarashatse ko amazina ye atangazwa,

agira ati “ Biratudindiriza ihuriro kuko bamaze no guce amacakubiri mu banyamuryango. Umwe

aracaha akavuga ngo ibyo uriya akora si byo, undi agaca hariya akakubwira ngo ni byiza...

noneho ugasanga abanyamuryango baricamo ibice.”

Abavuzi gakondo bagize iri shyirahmwe bakaba babona hari icyari gikwiye gukorwa n’inzego

zibishinzwe aya makimbirane agahoshwa. “Dusaba ko leta yakurikirana iki kibazo kiri muri aba

bagabo bakamenya icyo bapfa kikavaho.” Uku ni ko umwe mu banyamuryango abona umuti

w’ibibazo biri hagati y’aba bayobozi.

Page 5: UMUTARAMAKURU WIGENGA

Muri iki gihe biragoye kumenya uyobora ishyirahamwe n’utariyobora kuko aba bagabo bose

bagikora nk’abayobozi ariko buri ruhande ku giti cyarwo. Ubu icyicaro gikuru cy’iri huriro

cyimuriwe mu karere ka Kamonyi hafi yo ku Ruyenzi.

Nzayisenga ashinja Rekeraho kuba yaribye ibiro akabijyana iwe, dore ko inzu ubu akoreramo ari

ye yiyubakiye.

Ku rundi ruhande ariko, Rekeraho avuga ko yafashije ihuriro akaritiza inzu kuko ryari rimaze

kubura aho rikorera kuko baricaga amafaranga menshi y’ubukode bw’ibiro.

Ishyirahamwe ry’abavuzi gakondo rimaze imyaka isaga ine rigiyeho. Nyuma yo guhuza abavuzi

gakondo mu gihugu hose ryatangiye no kubashakira ibyangombwa bibemerera gukora

bagatandukana n’abapfumu.

Gusa haracyari inzira ndende kugira ngo ubuvuzi gakondo mu Rwanda butere imbere nko mu

bindi bihugu by’amahanga nk’ubushinwa.

Ubu iri shyirahamwe rifite abanyamuryango basaga 975, nk’uko bigaragazwa n’ibarura ryabo

ryakonzwe umwaka ushize.

Tubikesha: Igitondo.com

-